Perezida Paul Kagame arashyikiriza Komisiyo y’Amatora kandidatire ye ya manda ya 3
— June 22, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa kane tariki 22 Kamena 2017 Perezida Paul Kagame biteganyijwe ko ashyikiriza Komisiyo y’Amatora kandidatire ye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu n’ibyangombwa biyiherekeza.
Perezida Kagame yari aherutse kwemezwa na Kongere idasanzwe ya FPR Inkotanyi nk’umukandida uzahagararira uyu muryango mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabereye mu nyubako nshya ya FPR Inkotanyi yabereye I Masoro.
Igikorwa cyo kwakira kandidatire cyatangiye ku wa 12 Kamena 2017 hakirwa iya Dr Frank Habineza na Mwenedata Gilbert ndetse mu buryo butunguranye hakirwa n’uwitwa Barafinda Sekikubo Fred. Ku wa 20 Kamena 2017 hakiriwe iya Diane Shima Rwigara.
Biteganyijwe ko ku wa 27 Kamena hazatangazwa kandidatire zemejwe by’agateganyo. Kwiyamamaza bizatangira ku wa 14 Nyakanga birangire ku itariki ya 3 Kanama imbere mu gihugu no ku itariki ya 2 Kanama mu mahanga.


Imitima ya bamwe mu bahatanira kuba Perezida wa Repubulika y’uRwanda ntituje aho imitima yabo ikeka ko bashobora kwangirwa cyangwa bakemerwa dore ko hasigaye iminsi mike Komisiyo y’Amatora igatangaza abazaba bemejwe bujuje ibisabwa byose.
Perezida Kagame araba ashyikiriza Komisiyo y’Amatora ibyangombwa bisabwa ku muntu ushaka kuba Perezida ariko we niyemererwa azaba agiye kwiyamamaza kuyobora manda ya 3 kuko ayoboye ebyiri zirimo gusozwa.
2,277 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply