Umwana yishe se nawe yinigisha umugozi arapfa
— June 13, 2017
Please enter banners and links.

Kuwa 13 Kamena 2017 Umusaza yagiye gukiza umuhungu we warwanaga n’umugore we agezeyo umuhungu we witwa John Ssempaka
aramukubita kugeza ubwo ashizemo umwuka.
John Ssempaka atariyahura yavuze ko yishe ise kubera ko yamubujije gukubita umugore we n’ubwo hari umusore wagerageje gutabara umusaza se wa Ssempaka ariko birananirana aramwica.
Uwishwe n’umuhungu we yitwa John Kalegeya ,ibi bikaba byabereye ahitwa muri Kalungu muri Uganda.
Yashakaga kwica n’abana be ndetse n’umusore wageragezaga gukiza umusaza wishwe ariko abantu baba baratabaye umugambi ntiyawugeraho.

Ibumoso niwe Ssempaka John wishe ise ari kumwe n’umugore we n’umwana wabo ,iburyo niwe nyakwigendera John Karegeya
Umuryango wa nyakwigendera John Ssempaka bavuze ko kwica ise yabutewe n’ibidayimoni yazanye iwe ashaka ubukire aribyo byatumye yica ise.
Rose Namatovu n’umugore wa Ssempaka John akaba yavuze ko amaze iminsi aza mu rugo abatonganya akababwira ko azica umuntu nawe akiyica none yabigezeho ibyo yavugaga.
Abana ba Ssempaka bavuze ko ise hari imiti yazanye ayicukurira mu muryango w’inzu yabo ababwira ko umunsi yapfuye batazamushyingura batabanje kuwutabururayo kandi n’inzu z’abaturanyi bazazikinge imiryango.
Namatovu avuga ko hari kumanywa barimo kurya agiye kubona abona umugabo we amufashe mu ijosi atangira kumuniga amukubita amakofi avuga ati reka nkwice nanjye mpfe tupfane.
Abana bavugije induru nibwo se wa Ssempaka John yaje atangira kumukurura amaguru abakiza bityo Namatovu aba abonye uko amwiyaka ariruka ariko ageze imbere asubiza amaso inyuma abona umujinya yawutuye ise arimo kumuniga amukubita bavuza induru batabaza ariko abantu bagiye kuhagera amaze kumwica nawe yishyira mu mugozi arimanika ku giti arapfa.
Umusore witwa Godfrey Ssendi yavuze ko yabonye Ssempaka akubita se urubaho mu mutwe no mu maso aza yiruka ashaka kumukiza ariko nawe yari agiye kumwica aramuhunga afata n’abana arabahungisha ariko Ssempaka arabirukansa baramusiga.
Sarah Batenga ni nyina wa Ssempaka yavuze ko umugabo we yavuye mu rugo atabaye umuhungu we kuko yumvagayo induru agenda atabaye mu kanya gato yumva amakuru ko umugabo we bamwiciyeyo.
Bahamagaye polisi ikorera ahitwa Kyamulibwa iraza bashaka Ssempaka baramubura bagiye kureba mu nzu ye basanga irakinze bamena idirisha babona yimanitse mu mugozi yapfuye bityo polisi ibemerera gushyingura imirambo y’abapfuye.
Muhungu John-Kampala
2,607 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply