umu amakuru- Igitero cy’iterabwoba cyishe abantu 6, gikomeretsa abandi 30 | Umusingi

Igitero cy’iterabwoba cyishe abantu 6, gikomeretsa abandi 30

Please enter banners and links.

Mu gihe kitageze ku minsi 15 igitero cy’iterabwoba kigabwe Manchester, i Lonndres naho hagabwe ikindi mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 3 Kanama 2017, kigwamo abantu batandatu, abandi 30 barakomereka cyane.

Nk’uko tubikesha BBC, ikamyoneti yihuta irimo abagabye icyo gitero yasagariye abanyamaguru mu gace ka London Bridge saa yine z’ijoro, havamo abantu batatu batangira gukomeretsa abaturage bakoresheje icyuma muri resitora ziri mu isoko rya Borough.

 

Mu mibare yatangajwe na Polisi, abantu batandatu nibo bishwe n’icyo gitero ariko Polisi nayo ihitana batatu mu bakigabye.

Mu butabazi, imbangukiragutabara yajyanye inkomere ku bitaro zirenga 40.

Iki gitero cy’i Londres kije nyuma y’icyaguyemo abantu 22 mu gitaramo Ariana Grande yakoreye mu Mujyi wa Manchester, kuwa 22 Gicurasi 2017.

Ibihugubitandukanye birimo Ubudage ,Ubufaransa byifatanije n’abaturage bi London kandi bakaba bamagana ibikorwa by’itarabwoba birimo guhitana ubuzima bw’abantu mu bihugu bitandukanye.

 

 

1,876 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.