umu amakuru-  Gen Tumukunde yarashwe ukuguru | Umusingi

Gen-Tumukundhe-injured  Gen Tumukunde yarashwe ukuguru

Please enter banners and links.

Gen-Tumukundhe-injured

 

Lt. Gen. Henry Tumukunde yarashwe ukuguru n’umupolisi I Fort Portal nyuma yo gukubita urushyi umupolisi wari wamubujije kunyuraho ajya ahaberaga amatora y’urubyiruko mu Ntara y’Iburasirazuba bwa Uganda aho urubyiruko rwatoraga uzabahagararira mu Nteko Ishingamategeko yo muri icyo gihugu.
Gen.Tumukunde akaba yarashwe uyu munsi ahagana mu ma saa kumi z’umugoroba taliki ya 1 z’uku kwezi kwa gatatu 2016 ubwo yari kumwe n’umuhungu we witwa Amanya Tumukunde umukandida muri Fort Portal .
Mu myigaragambyo yaberaga aho haberaga amatora polisi ikaba yagerageje guhosha iyo myigaragambyo itera abantu imyuka iryana mu maso (tear gas)maze Gen.Tumukunde ahita akubita urushyi ukuriye polisi muri ako gace witwa Musa Tibikirana nawe aramurasa mu kuguru abashinzwe kumurinda bahise bamujyana mu bitaro bya Fort Portal kugirango avurwe .
Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda Paddy Ankunda yabwiye itangazamakuru ko Gen.Tumukunde yakomerekejwe na tear gas ariko nyuma Gen.Tumukunde yasubije umuvugizi w’igisirikare ko atari General utazi gutandukanya tear gas n’isasu.
Nyuma Gen.Tumukunde yavanywe mu bitaro asubizwa muri Kalya Hotel yari acumbitsemo guhera ku cyumweru aho yacumbitse kubera ayo matora y’abahagararira urubyiruko mu Nteko Ishingamategeko.

Mbere Gen.Tumukunde yahagaritswe n’abafana ba Mwine Mpaka wari umukandida w’Ishyaka rya NRM riyobowe na Perezida Museveni nibwo Gen.Tumukunde yarakaraga agahita akubita umupolisi urushyi.
UPDF na polisi bakaba bazengurutse imodoka ya Gen.Tumukunde kumuha uburinzi kugirango abaturage bigaragambya kugirango ntibagire icyo bamukora ndetse abaturage bakaba bavugaga ko Gen.Tumukunde yashakaga gutanga ruswa kugirango batore umuhungu we wari wiyamamarije guhagararira urubyiruko mu matora yo guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishingamategeko.
Valley Kanzira uhagarariye amatora muri Kabarore haberaga ayo matora akaba yatangaje ko Mwine ariwe watsinze amatora y’uharariye urubyiruko mu Nteko Ishingamategeko n’amanota 660 umuhango wo gutangaza amanota wabereye mu cyumba cy’urusengero rw’Abadiventiste naho Amanya we abona amajwi 463 naho Fortunate Nuwabasa umukandida wigenga we akaba yabonye amajwi 10 gusa .
Byahinduwe mu Kinyarwanda na Muhungu John

3,356 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.