Perezida Kagame yakiriye abanyeshuri ba Wharton Business School menya impamvu yabakiriye
— May 25, 2017
Please enter banners and links.

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2017 yakiriye itsinda ry’abanyeshuri 30 biga muri Wharton Business School bari mu rugendoshuri rugamije kwiga ku iterambere ry’u Rwanda.
Aba banyeshuri bari mu Rwanda kuva ku wa 23 Gicurasi 2017, bazasoza uruzinduko rwabo kuwa 27 Gicurasi 2017.
Nyuma yo kwakirwa n’Umukuru w’Igihugu, Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, yabwiye itangazamakuru ko aba banyeshuri bari kwiga ku bintu bitandukanye u Rwanda rwigejejeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.



Yagize ati “Ibyo bamaze kwiga ni uruhare rw’ubuyobozi mu iteramabere, bamaze kwiga ukuntu twakoze gahunda yo kwegereza ubuyobozi abaturage, ikindi bamaze kwiga ni uburyo abikorera bafasha igihugu mu iterambere n’ibindi bitandukanye .”
Mu kwiga ku iterambere rigaragara u Rwanda rwigejejeho, Akamanzi yavuze ko aba banyeshuri basobanuriwe umwihariko w’u Rwanda mu kwishakira ibisubizo harimo nka gahunda ya Girinka, imihigo n’izindi.
Akamanzi agaragaza ko gusura u Rwanda kw’aba banyeshuri na rwo ruba rubifitemo inyungu, yaba ku bashobora kuzagaruka kurukoreramo cyangwa se kururatira abandi.
Yagize ati “Ni abantu bashobora kuzagaruka gushora imari mu gihugu, kuko nibabona ibyiza dukora, bakabona uburyo turimo gufasha abikorera, bashobora kuzagaruka kandi byarabaye aho abantu baza rimwe bazi ko baje gusura ariko bakagaruka kuko bahabonye amahirwe atandukanye.“

Perezida Kagame asuhuza bamwe mu banyeshuri bamwishimiye

Umuyobozi Mukuru wungirije wa Wharton Business School, Prof Katherine Klein, waje ayoboye iri tsinda ubwo yaganiraga n’itangazamakuru nyuma y’ibiganiro

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere, RDB, Clare Akamanzi, aganira n’itangazamakuru
Yakomeje avuga ko bashobora no kuba abavugizi b’u Rwanda kuko baba barumenye neza kandi bakomoka mu bihugu bitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no muri Aziya.
Umuyobozi Mukuru wungirije wa Wharton Business School, Prof Katherine Klein, uvuga ko yagize amahirwe yo guhura kenshi na Perezida Kagame, ashimangira ko abanyeshuri yaje ayoboye bavomye amasomo akomeye mu biganiro bagiranye n’Umukuru w’Igihugu.
Yagize ati “Njye n’abanyeshuri banjye tumaze iminsi myinshi mu gihugu, twatunguwe n’iterambere ryacyo, tuhakuye amasomo y’icyerekezo cya Perezida wa Repuburika, uko yubatse ubuyobozi bwe, twanitaye cyane ku kureba imbogamizi n’amahirwe ari mu iterambere ry’igihugu kandi tuzashishikariza abandi kuza kwigira ku Rwanda.”
Kuri gahunda y’urugendo rwabo bateganya gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali; Trust Industries; Umudugudu w’Icyitegererezo wa Rweru; Gashora Girls Academy n’ahandi.Aba banyeshuri kandi bishimiye ikirere cy’uRwanda aho bavuga ko ari kiza ugereranije n’ikirere cy’iwabo.
2,725 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply