Umugore yatemye umwana we amuhora gukora mu nkono
— May 2, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 2 Gicurasi 2017 mu Karere ka Gatsibo umugore ufite abana bane yatemye umwe muri bo mu mutwe no mu mugongo amuziza ko yakoze mu nkono, ubu uyu wakomerekejwe akaba ari kwitabwaho n’abaganga.
Uyu mubyeyi atuye mu Kagari ka Kabarore mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo,yatemye umwana we w’umuhungu w’imyaka irindwi y’amavuko mu mutwe no mu mugongo amuziza ko yakoze mu nkono.
Uyu mugore ufite abandi bana bane, ngo nta mugabo afite bikaba bivugwa ko akoresha ibiyobyabwenge bitandukanye byiganjemo urumogi bishobora kuba ari nabyo ntandaro yo gutema umwana we.


Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Murego Richard, yemeje aya makuru.
Yagize ati “Uwo mugore watemye umwana we asanzwe acyekwaho gukoresha ibiyobyabwenge bishobora no kuba aribyo byabaye intandaro yo gutema umwana yibyariye ariko nta gihamya dufite kugeza ubu kuko iperereza rikirimo gukorwa.”
Uyu muyobozi akomeza avuga ko umwana watemwe ari kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Kabarore, nyina akaba ari mu maboko ya Polisi kuri station ya Kabarore. Hagati aho abana be bakazitabwaho na Leta mu gihe nyina azaba afunzwe.
2,179 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply