umu amakuru- Umugore yatemye umwana we amuhora gukora mu nkono | Umusingi

Umugore yatemye umwana we amuhora gukora mu nkono

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 2 Gicurasi 2017 mu Karere ka Gatsibo umugore ufite abana bane yatemye umwe muri bo mu mutwe no mu mugongo amuziza ko yakoze mu nkono, ubu uyu wakomerekejwe akaba ari kwitabwaho n’abaganga.

Uyu mubyeyi atuye mu Kagari ka Kabarore mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo,yatemye umwana we w’umuhungu w’imyaka irindwi y’amavuko mu mutwe no mu mugongo amuziza ko yakoze mu nkono.

Uyu mugore ufite abandi bana bane, ngo nta mugabo afite bikaba bivugwa ko akoresha ibiyobyabwenge bitandukanye byiganjemo urumogi bishobora kuba ari nabyo ntandaro yo gutema umwana we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Murego Richard, yemeje aya makuru.

Yagize ati “Uwo mugore watemye umwana we asanzwe acyekwaho gukoresha ibiyobyabwenge bishobora no kuba aribyo byabaye intandaro yo gutema umwana yibyariye ariko nta gihamya dufite kugeza ubu kuko iperereza rikirimo gukorwa.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko umwana watemwe ari kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Kabarore, nyina akaba ari mu maboko ya Polisi kuri station ya Kabarore. Hagati aho abana be bakazitabwaho na Leta mu gihe nyina azaba afunzwe.

 

2,179 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.