umu amakuru- Abana 2 bahiriye mu nzu bitaba Imana | Umusingi

Abana 2 bahiriye mu nzu bitaba Imana

Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 30 Mata 2017 Inzu y’umuturage witwa Mpozenumva Célestin wo mu Murenge wa Muhima, Akarere ka Nyarugenge, yafashwe n’inkongi y’umuriro hapfiramo abana babiri, ababyeyi bo barakomereka bajyanwa ku bitaro.

Ahagana saa tanu n’igice kuri iki Cyumweru nibwo byamenyekanye ko mu Mudugudu w’Icyerekezo mu Kagari ka Nyabugogo inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro, abaturage baratabara ndetse na polisi yihutira kuhagera.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu, yagize ati “Amakuru twahawe n’abantu bahise bahagera bwa mbere ni uko nyir’inzu yari atetse, afite n’ijerekani irimo lisansi aho yari arimo kuyividurira mu ducupa dutoya twa tundi tw’amazi kugira ngo azabone uko ayigurisha.”

Mu gusuka lisansi yegereye imbabura ngo byatumye umuriro ugurumana ukwira inzu yose uhereye ku muryango, mu gihe ababyeyi barimo imbere bashakisha uko basohoka hamwe n’abana babo babiri.

Hitayezu yakomeje agira ati “Inkongi y’umuriro yahise izamuka kubera ko byahereye mu muryango ari naho imbabura yari iteretse, abarimo imbere bananirwa gusohoka ari nabwo kugira ngo babavanemo byasabye gutobora urukuta.”

Umugabo n’umugore bavuyemo bakomeretse bahita bajyanwa mu Bitaro bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) ariko abana bo barimo umwe uri mu kigero cy’imyaka 13 n’undi uri mu kigero cy’umwaka umwe bari bamaze kwitaba Imana.

SP Hitayezu yasabye abaturage kwirinda gucuruza lisansi na mazutu mu ngo zabo kuko bishobora guteza inkongi y’umuriro nk’iyabaye kuri iki Cyumweru, ndetse bikaba byanateza ingaruka zirenzeho.

Muri ako gace ngo ni ahantu ubwo bucuruzi bwa lisansi bukorwa cyane, ku buryo polisi yafashe ingamba zo kugira inama ababikora, abatabyumva bakaba bakurikiranwa.

 

2,360 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.