Minisitiri w’Intebe Desalegn arafungura Ambasade ya Ethiopia mu Rwanda
— April 27, 2017
Please enter banners and links.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mata 2017 aribufungure bwa mbere Ambasade ya Ethiopia.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane nibwo Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu we Jeannette Kagame bakiriye Miinisitiri w’Intebe Hailemariam Desalegn watangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, aherekejwe n’umugore we Roman Tesfaye.
Mu ijambo ry’ikaze, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko Desalegn mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane yatangiye uruzinduko asura ibikorwa bitandukanye mu Ntara y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatanu akazerekeza mu Majyaruguru aho azasura amaterasi y’indinganire i Gicumbi.


Roman Tesfaye na Jeanette Kagame baganira nyuma yo kumuha ikaze mu Rwanda


By’umwihariko, Mushikiwaho yagize ati “Umunsi w’ejo azaba ari mu Majyaruguru habe ibiganiro bitandukanye ku mubano w’impande zombi. Igikorwa gikomeye kikazaba gufungura Ambasade ya mbere ya Ethiopia mu Rwanda.”
Yavuze ko u Rwanda rushimishijwe no kuba Ethiopia izagira ibikorwa bihoraho mu Rwanda binyuze muri Ambasade yayo.
Yavuze ko Ethiopia ifitanye umubano mwiza n’u Rwanda, aho mu murwa mukuru Addis Ababa hari n’icyicaro cy’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, ahantu ibihugu byose by’uyu mugabane byicara bigamije kugena ahazaza habyo.


Yavuze ko Hailemariam Desalegn yaje mu Rwanada kenshi ariko uru ruzinduko rwo ntirusanzwe kuko ruzakorwamo ibiganiro hagati y’ibihugu byombi ndetse bigategura n’ibigomba gukorwa mu gihe kiri imbere.
Yanashimangiye ko u Rwanda na Ethiopia bisangiye icyerekezo ku buryo uko umubano w’ibihugu byombi warushaho gukomera ariko nako iterambere ry’abaturage ryakwihuta.
2,737 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply