Oda Paccy ashobora kuba yaribeshye ko kwambara Bikini n’imyambarire yerekana ikibero aribyo bizatuma amenyekana cyane
— March 20, 2017
Please enter banners and links.

Umuraperi Uzamberumwana Pacifique [Oda Paccy] asa n’uwakataje mu kugaragaza ko ari umuntu mushya bishingiye ku mafoto y’uruhererekane amaze iminsi ashyira ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru bitandukanye .
Bamwe batangiye kumuvugaho kandi burya iyo abantu batangiye kukuvugaho uba utangiye kumenyekana aribyo benshi bavuga ko aribyo umuhanzi Oda Paccy ashaka abinyujije mu kwambara za Bikini cyangwa agaragaza ibibero nahandi hibanga.
Ni kenshi uyu muhanzi yagiye anengwa kubera gushyira hanze amafoto bamwe bafata nk’urukozasoni ariko we akavuga ko ‘abikora abizi neza kandi abigambiriye’.
Mu minsi ishize yari yasohoye ifoto igaragaza amatako ivugisha benshi, iyi yaherekezaga ubutumwa buri mu ndirimbo ye yise ‘Igikuba’.


Hari abandi bavuga ko imyambarire ya Paccy ari iya basitari (Stars)kandi abantu bakwiye kumenya ubuzima bw’umusitari ko butandukanye n’ubw’umuntu usanzwe kuko bagira imyambarire yabo ,bakunda kuba mu buzima buhenze ,kurya muri Hotels zihenze kunywera mu tubari duhenze ,kwambara bihenze n’ibindi byinshi.
Oda Paccy yongeye kuvugisha abantu biturutse ku mafoto yashyize hanze yifotoreje muri Tanzania ubwo yari yagiye gukorerayo indirimbo yitwa ‘No Body’.


Muri aya mafoto hari iyo yahereyeho yambaye bikini, abantu bayiteraniyeho amagambo mu buryo bukomeye abandi bakamushinja guta umuco no kwiyandarika.
Nyuma yo gushyira hanze ifoto yambaye Bikini abantu bakamutuka ibyo gupfunyika, Oda Paccy yashyize kuri Instagram ifoto imaze iminsi ica ibintu kuri internet ya Nicki Minaj uherutse kwitabira ibirori bya Paris Fashion Week mu Bufaransa yambaye umwambaro ugaragaza amabere.


Yahise yandikaho ko ‘bidatinze agiye gusohora ifoto imeze itya’, ibi nabyo byateje impaka ndende bamwe bamutuka abandi bakamubwira ko bayitegereje.
Oda Paccy uri mu bahanzi icumi bahatanira PGGSS uyu mwaka yabaye nk’ukoza agate mu ntozi ubwo yashyiraga hanze indi foto yifotoje ari muri Tanzania, igice cyo hejuru amabere aragaragara naho hasi akerekana itako ry’iburyo. Iyi nayo yasabagiye hose by’umwihariko kuri WhatsApp no ku zindi mbuga mpuzabantu.
Yavuze ko ubwe arimo abantu babiri [Paccy w’umuraperi na Paccy usanzwe] ndetse ko abantu bakwiye kumenya kubatandukanya. Ati “Umuntu wagize ikibazo kuri iyi foto n’izindi njya nifotoza amenye gutandukanye ba Paccy babiri, Paccy wo mu buzima busanzwe atandukanye n’uwo ku ifoto, biriya ni akazi ntabwo ari ubuzima busanzwe mbamo, ubundi nsanzwe nambara neza.”
Arongera ati “Uko biri mu bintu byose biba bikwiriye ko duhinduka, uyu munsi ntabwo nkwiriye kuba nifotoza nk’uko nabikoraga mu mwaka wa 2009, aho Isi igeze ntabwo ibi byagakwiye gutera abantu ikibazo. Ababibona bazi ibigezweho ntabwo byabatera ikibazo, icya mbere ndasaba abantu ko bandeba nk’umuhanzi ibindi bakabireka.”
Paccy yabwiye abamunenga ko akora ibibangamiye umuco ko “Ntaho bihuriye no kwica umuco ndetse u Rwanda rukeneye abahanzi babasha guhatana n’abo mu bindi bihugu bumva aho iterambere ry’Isi rigeze.”
Ati “Ntabwo ari ukwica umuco, ntabwo nzi amateka ariko nzi neza ko hambere abazungu batarazana imyenda na mbere y’uko impuzu zizaba Abanyarwanda ntabwo bambara, ibyo birazwi.”
Kuba hari abamubona mu ndorerwamo y’imico mibi no gukora ibidakwiye, Oda Paccy we ngo byose abirenza ingohe nta na kimwe aha agaciro.
Hari abemeranya na Paccy ko muri viziyo umuhanzi cyangwa undi wese akwiye kwambara uko ashaka kandi buri muntu akareba ibye bimureba ari nabyo byatumye abazungu batera imbere .
Abandi nabo bakavuga bati ese ko agaragaza ibibero yabanje akikoraho n’ikibero yerekana kikaba ari ikibero cyiza koko ku buryo abakibona bashiduka ariko bamwe bavuga ko kidakanganye nkuko wareba icya Rihana cyangwa Nick Minaj nawe niyikoreho byanyabyo cyokora azi kwifotoza nkabasitari .
Noella
4,175 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply