Rulindo: Umubitsi wa SACCO afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga
— February 16, 2017
Please enter banners and links.

Ku itariki ya 14 Gashyantare 2017 Umubitsi w’ikigo cy’imari iciriritse cyo mu murenge wa Base Akarere ka Rulindo (SACCO Izuba Base), yafashwe na Polisi y’u Rwanda acyekwaho kunyereza amafaranga y’icyo kigo arenga miliyoni.
Habaguhirwa Jean Claude yafashwe nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe n’ubuyobozi bw’ iyo Sacco, bikaza kugaragara ko hari amafaranga ari kubura, ubwo buyobozi buhita bubimenyesha Polisi.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyaruguru Inspector of Police (IP) Innocent Gasasira yavuze ko bakimara kumenya iby’iri bura ry’aya mafaranga, Habaguhirwa wari umubitsi byavugwaga ko ari mu ba mbere bakekwa, yahise atabwa muri yombi, ariko ubugenzuzi n’iperereza rikaba rikomeje kugirango amenyekane niba nta yandi mafaranga yabuze, cyangwa niba nta bandi bantu bari inyuma y’inyerezwa ry’aya mafaranga.
Yavuze ati:”Nubwo ubugenzuzi n’iperereza bikomeje kandi bikaba bishobora kugira ibindi byerekana, twafashe umwanzuro wo kuba tumufashe kugirango adatoroka. Turizera ko iperereza rikomeje hari ibindi bintu rizagaragaza ku inyerezwa ry’aya mafaranga.”
IP Gasasira yakomeje avuga ko imicungire mibi y’ibya rubanda ari icyaha gihanwa n’amategeko, asaba abacunga ibya rubanda kwirinda kubicunga nabi.
Mu kwezi gushize, Polisi ya Nyagatare yataye muri yombi abantu 2 barimo umuyobozi wa Sacco ya Nyagatare bakekwaho kunyereza amafaranga arenga miliyoni 4 y’iyo Sacco.
Ingingo ya 325 y’igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko umukozi wese urigisa umutungo, amafaranga, impapuro zivunjwa amafaranga, ibyemezo by’imari n’inyandiko bya Leta cyangwa bitari ibya Leta cyangwa ibintu byimukanwa by’undi yabikijwe ku bw’umurimo ashinzwe; wonona cyangwa urigisa, akoresheje uburiganya, impapuro zifite agaciro k’imari, yabikijwe cyangwa yahawe ku bw’umurimo ashinzwe; ahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’umutungo warigishijwe cyangwa wononwe.
Source:RNP
2,554 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply