Muganwa Andrew wamenyekanye cyane mu kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Kagame no gufungwa kenshi yitabye Imana
— December 19, 2016
Please enter banners and links.

Muganwa Andrew Kuwa 18 Ukuboza 2016 nibwo inkuru ko yitabye Imana yatangiye kuvugwa akaba azize indwara ya apetite c nkuko mbere y’uko yitaba Imana yabitangarije Ikinyamakuru Umusingi aho yari arwariye mu bitaro bya Kanombe.
Muganwa Andrew yamenyekanye cyane kubera kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Kagame ndetse akaba yaramenyekanye cyane mu itangazamakuru kuko yakoranye n’ibinyamakuru bitandukanye harimo Umuseso.N’umugabo wakundaga Ubwami akaba yarigeze guhungira muri Canada agarutse mu Rwanda arafungwa igihe kirekire .

Muganwa Andrew mbere y’uko yitaba Imana yaje aho Ikinyamakuru Umusingi gikorera avuga ko yarwaye apetite c(Photo ububiko)
Ubuzima bwe hafi yabwose yahoraga afungwa agafungurwa nyuma y’igihe gito akongera agafungwa.
Apfuye yashakaga kurega uwitwa Rudasingwa Theogen wahoze ari Ambasaderi muri America mbere yo guhunga igihugu agahungira muri America aho yashakaga kumurega ko yamubeshye ko yateye inda umunyeshuri w’umuzungu bikaba ngombwa ko icyaha agishyira kuri Muganwa Andrew kubera ko yakundaga Umwami Kigeli kandi Rudasingwa atarabishaka .
Rudasingwa yategetse ko Muganwa afatwa akazanwa mu Rwanda baramufata bamugejeje ku kibuga cy’indege ariruka arabacika ahungira muri Canada akaba ariwe wamuteje ibibazo byose yagiye ahura nabyo akaba ariyo mpamvu yashakaga kumujyana mu nyiko.Imana imuhe iruhuka ridashira.
3,304 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply