umu amakuru-  Muganwa Andrew wamenyekanye cyane mu kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Kagame no gufungwa kenshi yitabye Imana | Umusingi

photo  Muganwa Andrew wamenyekanye cyane mu kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Kagame no gufungwa kenshi yitabye Imana

Please enter banners and links.

photo

 

Muganwa Andrew Kuwa 18 Ukuboza 2016 nibwo inkuru ko  yitabye Imana yatangiye kuvugwa akaba  azize indwara ya apetite c nkuko mbere y’uko yitaba Imana yabitangarije Ikinyamakuru Umusingi aho yari arwariye mu bitaro bya Kanombe.

Muganwa Andrew yamenyekanye cyane kubera kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Kagame ndetse akaba yaramenyekanye cyane mu itangazamakuru kuko yakoranye n’ibinyamakuru bitandukanye harimo Umuseso.N’umugabo wakundaga Ubwami akaba yarigeze guhungira muri Canada agarutse mu Rwanda arafungwa igihe kirekire .

Andrwe

Muganwa Andrew mbere y’uko yitaba Imana yaje aho Ikinyamakuru Umusingi gikorera avuga ko yarwaye apetite c(Photo ububiko)

Ubuzima bwe hafi yabwose yahoraga afungwa agafungurwa nyuma y’igihe gito akongera agafungwa.

Apfuye yashakaga kurega uwitwa Rudasingwa Theogen wahoze ari Ambasaderi muri America mbere yo guhunga igihugu agahungira  muri America aho yashakaga kumurega ko yamubeshye ko yateye inda umunyeshuri w’umuzungu bikaba ngombwa ko icyaha agishyira kuri Muganwa Andrew kubera ko yakundaga Umwami Kigeli kandi Rudasingwa atarabishaka .

Rudasingwa yategetse ko Muganwa afatwa akazanwa mu Rwanda baramufata bamugejeje ku kibuga cy’indege ariruka arabacika ahungira muri Canada akaba ariwe wamuteje ibibazo byose yagiye ahura nabyo akaba ariyo mpamvu yashakaga kumujyana mu nyiko.Imana imuhe iruhuka ridashira.

3,304 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.