Imyitwarire ya Padiri Nahimana isuzuguritse yatumye abaturage bamunenga ko atababera Perezida
— November 25, 2016
Please enter banners and links.

Padiri Thomas Nahimana ubu ari mu gihugu cya Kenya aho avuga ko yangiwe kuza mu Rwanda ariko ibyo avuga abaturage ntibabyumva kubera uburyo budasobanutse akoramo ibintu bye.
Kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2016 nibwo amafoto ye yakomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga nka Facebook na twitter aryamye mu ntebe ku kibuga cy’indege I Nairobi aho bamwe batangiye kuvuga ko agangika nk’abana bo ku mihanda ibintu bagaye cyane.
Uwari ushinze gahunda ze z’itangazamakuru mu Rwanda Uwimana Nkusi Agnes ubwo yajyanaga abanyamakuru ku kibuga cy’indege cya Kigali yavuze ko Padiri Nahimana ari I Bujumbura mu gihugu cy’uBurundi ngo arimo kugirana n’undi muyobozi ukomeye wo mu Rwanda.

Umugore wa Padiri Nahimana aryamye mu ntebe ku kibuga cy’indege i Nairobi
Akandi kanya ati Padiri Nahimana bamubujije kuza mu Rwanda ari Nairobi muri Kenya ku buryo gahunda ze zatumye abantu batangira kuvuga ko yibereye mu bindi ataje kwiyamamariza kuba Perezida kuko gahunda ze zidafatika.

Nguwo Padiri Thomas Nahimana

Abo nabo bari kumwe i Nairobi bari bazanye bakaba bavuga ko batazava ku kibuga cy’indege i Nairobi
Ikindi kuba arara mu kibuga cy’indege ,aryama mu ntebe nkaho adafite amafaranga yo kuryama muri Hotel nk’umuntu wese w’icyubahiro ushaka kuba Perezida byatumye abaturage bavuga ko uwo muntu atababera Perezida.
Ibijyanye n’ibyangombwa bye nabyo bikomeje guteza urujijo aho bivugwa ko nta ndangamuntu afite kuko iyo ayigira aba yarageze Nairobi akurira indege imuzana I Kigali akoresheje indangamuntu kuko ubu nizo zikoreshwa ,abantu bakaba bibaza impamvu atabanje gushaka ibyangombwa byuzuye nk’umunyarwanda uwo ariwe wese akabona kuza.
Umwe mu baturage waganriye n’Ikinyamakuru Umusingi witwa Gakwavu yagize ati “umuntu ushaka kuba Perezida arara mu ntebe ku kibuga cy’indege koko?biriya turabona bisuzuguritse ndetse biragayitse ku buryo twe tubona atatubera Perezida cyeretse niba yifitiye izindi gahunda ashaka kugeraho naho ibyo kuba Perezida mu Rwanda abyibagirwe rwose”.
Gakwavu yakomeje avuga ati kuki atiteguye agashaka ibyangombwa byose bisabwa ko nta wari kumubuza kuza?icyo ni kikwereka ko nta gahunda afite ifatika.
Hari abandi hirya no hino bavuga ko Padiri Nahimana yahawe amafaranga menshi n’abazungu akaba ashakisha uburyo ayo mafaranga yayakoresha mu nyungu ze akazasubira iyo yavuye akababwira ko byanze yitwaje ko ari Leta y’uRwanda yamubujije kandi ari ntabyangombwa bimwemerera kuza mu Rwanda afite.
Ibyo akora byose adafite itangazamakuru rimuvugira gahunda ze aribeshya cyane ari nacyo yari kurwana nacyo mbere yo guhaguruka.
Hari ibindi bintu abantu barimo kwibaza ku muntu ushaka kuba Perezida uko aryama byo barabibona ko agangika nka ba bana bo kumihanda ,ikindi bakibaza uburyo umuntu ushaka kuba Perezida akaraba dore ko ari kumwe n’umugore we n’umwana.
Muhungu John Kampala
2,940 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply