Inkuru itaravuzwe nziza mu gutanga ibihembo by’abanyamakuru
— November 16, 2016
Please enter banners and links.

Mu muhango wo guhemba abanyamakuru no kwizihiza umunsi nyafurika w’itangazamakuru mu Rwanda Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Johnston Businge yavuze ijambo ryiza kubakora umwuga w’itangazamakuru aho yavuze ko icyaha cyo gusebanya(Defarmation) gikwiye gukurwa mu mategeko ahana.
Abakora uwo mwuga bamwe babanje kubishidikanyaho ariko Minisitiri Businge asubiramo ati “niteguye no kujya mu Nteko ishingamategeko gusobanurira Abadepite impamvu iri tegeko rihana uwasebanyije mu itangazamakuru rikwiye kuvaho”.
Uwo munsi wari umunsi udasanzwe kuko na Minisitiri Kaboneka Franscis nawe yari yabwiye abanyamakuru batinya kunenga ibitagenda ko badakwiye kugira ubwoba ati “kunenga wubaka ntakibazo ahubwo mutabikoze nibwo twabagaya kuko kuvuga ibitagenda mu itangazamakuru n’ibyiza bituma bamwe mu bayobozi batirara ndetse bituma hari abakurikiranwa kubera itangazamakuru riba ryavuze ibyo baba bakoze mu buryo bunyuranije n’amategeko”.
Muri abo ba Minisitiri bombi buri umwe ijambo rye ryari rikomeye ndetse ari ryiza kubakora umwuga w’itangazamakuru.
Umwe mu banyamakuru bari bari muri uwo muhango wabereye muri Mariotti Hotel Kuwa 7 Ugushyingo 2016 yongoreye mugenzi we ati “nkurikije ibyo Minisitiri Businge avuze n’ibyo Minisitiri Kaboneka yavuze birerekana ko Leta ishobora kuba igiye kudohorera itangazamakuru rigakora neza ndetse n’ubwisanzure bahora bashinja Leta nabwo bukaba bwose”.
Abantu benshi wajyaga usanga barega abanyamakuru n’ibitangazamakuru bavuga ko babasebaje kikaba kimwe mu bibuza abanyamakuru kwisanzura ndetse umuntu uwari we wese uko abyumva atishimiye uko inkuru umuvugaho yahitaga yihutira kujya kurega ariko icyaha cyo gusebanya ni gikurwaho abitwazaga icyo baricyo cyangwa abitwazaga imbaraga bakoreshije aho bakora n’abandi batandukanye ntibazongera kujya kuregana.
Mu bindi bihugu iyo ikinyamakuru kikwanditse ukamenya ko hari uwatanze amakuru ko bakwandika nawe ujya mu kindi ukamwandikisha bityo inkuru zikaba nyinshi akazi kakaba karabonetse.
Mu gihe itegeko rigikora hari benshi babona amakuru ku muntu runaka bagatinya kuyandika kubera gutinya kuregwa ariko ahari ubwisanzure urandika utabyishimiye nawe akandi ibye gutyo gutyo.
Ndayambaje F
2,678 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply