Abakobwa ba banyeshuri babohojwe na Boko Haram basubiranye n’imiryango yabo muri Nigeria
— October 17, 2016
Please enter banners and links.

Abanyeshuri b’abakobwa 21 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa kiyisilamu wa Boko Haram ku ishuli rya Chibok muri Nigeria bongeye guhura n’imiryango yabo.
Mu muhango wari wuzuye amarangamutima menshi mu murwa mukuru Abuja, umwe mu bakobwa yavuze ko bamaze iminsi 40 batarya ndetse basimbuka urupfu nibura rimwe.
Ntibisobanutse uburyo irekurwa ryabo ryagezweho, ariko umutegetsi yavuze ko ibiganiro biri kuba kugira ngo abandi bakobwa barekurwe.
Ku bakobwa 276 b’abanyeshuri bari bafashwe bugwate mu kwezi kwa Kane 2014, 197 baracyaburiwe irengero.
Umwe mu bakobwa babohowe igihe yari ari mu muhango wa gikirisitu wo kumwakira yagize ati:
“Nari mu bihuru igihe indege yasukaga igisasu cya bombe iruhande rwanjye ariko ntacyo nabaye. Nta biryo twari dufite mu gihe cy’ukwezi n’iminsi 10 ariko ntitwapfuye”. Yongeyeho ati “Turashima Imana,”avuga mu rurimi rw’igi Hausa.
Benshi mu banyeshuri nafashwe bugwate ni abakirisitu ariko bahatiwe kwinjira mu idini rya kisilamu.
Undi mukobwa yagize ati:
“Ntitwigeze dutekereza ko uyu munsi uzagera ariko, ku bw’ubufasha bw’Imana, twashoboye kuva mu bucakara.”
Abavandimwe babo bari banejejwe no guhura n’abo bakobwa, babohowe ku wa Kane taliki 14 Ukwakira 2016.
Umwe mu babyeyi yagize ati:
“Turashima Imana. Sinigeze ntekereza ko nzongera kubona umukobwa wanjye ariko arahari…Abakiriyo- Imana ibafashe babonane n’ababyeyi babo nabo barahangayitse .”

Uwungirije President, Yemi Osinbajo (iburyo) yahaye ikaze abakobwa barekuwe.(Photo internet)
Abategetsi muri Nigeria bahakanye amakuru y’uko abarwanyi ba Boko Haram bafashwe baguraywe n’irekurwa ry’abakobwa. Ariko umwe mu bakora mu rwego rw’umutekano yabwiye BBC ko abayobozi babo bane barekuwe.

Abakobwa bahawe ikaze n’abavandimwe babao mu muhango wabereye i Abuja,uyu n’umwe mu bakobwa bagarekuwe yishimiwe n’umuvandimwe we (Photo internet)
Ibiro ntaramakuru AP nabyo byatangaje ko “ingwate y’akayabo” ibarirwa mu mamiliyoni y’amadolari, yishyuwe na guverinoma y’Ubusuwisi ku ruhande rwa guverinoma ya Nigeria.
Minisitiri w’itangazamakuru Lai Mohammed yavuze ko irekurwa ry’abakobwa ku wa Kane ryari “intambwe ya mbere” yo kurekurwa abakobwa bose basigaye.
Ku Cyumweru yabwiye abanyamakuru ati: “Ubu tumaze kujya ku ntambwe ya kabiri kandi turi mu biganiro n’abandi turateganya ko bazaza .”
“Ariko birumvikana ko murabizi ibi ni ibiganiro bikomeye, hari imwe mu mirongo twashyizeho twanashyizeho uburyo bw’ibanga muri iki gikorwa kandi turateganya kubikomeza.”

Ifoto ya Boko Haram yashyizwe ahagaragara bashaka kwerekana ko aribo bafite abakobwa bo bafashe bugwate (Photo internet)
Bamwe mu bakobwa bashoboye gutoroka mu masaha macye bakimara gufatwa, ahanini babikoze basimbuka amakamyo bari barimo birukira mu bihuru.
Bose muri rusange, abakobwa 219 barafashwe bajyanwa bunyago. Ariko bisa n’aho bamwe bapfiriye mu bunyago.
Kandi hari amakuru avuga ko, nyuma y’imyaka ibiri bari mu bunyago na nyuma y’uko bashyingiwe ku barwanyi ba Boko Haram, bamwe mu bakobwa ntibashaka gusubira iwabo.
Bamwe babyaranye n’abagabo badakunda ,abandi bafite isoni uburyo bazatunguka iwabo barabaye abagore hakaba hari n’abandi bamaze kumenyerena n’abagbo babo bo muri Boko Haram.
Abantu ku isi yose bibaza uburyo inyeshyamba zifata abakobwa benshi bakabaherana isi yose irebera ntihagire igikorwa.
Gatera Stanley
3,181 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply