Impungenge zikomeye ku Itorero ry’abanyamakuru
— September 5, 2016
Please enter banners and links.

Muri iyi minsi haravugwa itorero ry’abanyamakuru ikiciro cya kabiri giteganyijwe Kuwa 18 Nzeli 2016 kizamara iminsi 10 yose ariko abanyamakuru bamwe bakaba bafite impungenge bavuga ko zikomeye.
Impungenge ya mbere naho bamwe mu banyamakuru batunzwe no gushakisha umunsi ku wundi bakaba bumva kujya mu Itorero bakamarayo iminsi 10 imiryango yabo yahungabana kuko iyo minsi ari myinshi.
Umwe mu banyamakuru bikoresha utashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije Ikinyamakuru Umusingi Kuwa 5 Nzeli 2016 ko yumva ashaka kujya mu Itorero ariko atasiga urugo kandi ariwe urutunze ngo agende amare iminsi 10 .
Yagize ati “ubwose urugo rwabaho rute kandi dutunzwe nogushakisha umugati wa buri munsi?”.
Uyu munyamakuru wandika yakomeje avuga ko byibuze ari iminsi 2 cyangwa 3 bakababwira mbere bakitegura icyo gihe byakunda kuko burya iminsi 2 cyangwa 3 ntago iba ari myinshi naho iminsi 10 nimyinshi cyane inzara yaba yishe abantu.
Abayobozi bakwiye gutekereza kuri iki kintu kuko bo bahembwa ku kwezi ariko batekereze n’abanyakabyizi batunzwe no gushakisha kandi abanyamakuru batunzwe na nyakabyizi ari benshi.
Ntabazabone hari abatagiye ngo bagirengo n’ikindi cyangwa ni ukwanga ahubwo nukubura uko basiga urugo cyangwa imiryango yabo.
Hari abanyamakuru benshi bahora babyifuza kujya mu Itorero ariko kubera icyo kibazo bibagora bakabura icyo gukora bagahitamo kutajyayo .
Bamwe iyo babonye imyambaro ya gisirikare bagenzi babo bayambaye bumva nabo bajyayo bakambara kuri uwo mwambaro kuko hari abawukunda hari n’abatawukunda bitewe n’imyumvire ya buri umwe.
Hirya no hino haba hari abavuga ko utagiye mu Itorero aba ari ikigwari abandi bakavuga ko adakunda igihugu n’ibindi byinshi ariko impungenge z’abanyamakuru zisa n’izitaritaweho kugirango nabo bashakirwe uburyo bajya mu Itorero n’abandi niyo ryabera I Kigali bakajya bataha.
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza Rucagu Boniface umuyobozi w’Itorero ku rwego rw’igihugu ariko ntiyitaba Telephone ye igendanwa.
Umusingi1@gmail.com
2,840 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply