umu amakuru-  Karongi: Mugambira nyiri Golf Hotel yatawe muri yombi. | Umusingi

golden  Karongi: Mugambira nyiri Golf Hotel yatawe muri yombi.

Please enter banners and links.

golden

 

Police y’u Rwanda mu karere ka Karongi yaraye itaye muri yombi Aphrodis Mugambira nyiri Hotel Golf Eden Rock akurikiranyweho ibyaha binyuranye birimo n’icyo abakobwa yakoreshaga bamushinja ko abahatira kurarana n’abakiriya.

Muri iki gitondo, CIP Theobald Kanamugire umuvugizi wa Police mu Ntara y’Iburengerazuba Ikinyamakuru  Umusingi cyashatse kumubaza amakuru yifungwa rya Mugambira kuri Telephone ye igendanwa ariko atayitaba ariko hakaba hari ibindi bitangazamakuru yatangarije ko Mugambira afunzwe .

Bimwe mu bitangazamakuru bikaba byanditse ko Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Ibirengerazuba yavuze  ko Mugambira  akurikiranyweho icyaha cyo koshya no kuyobya abantu agamije kubashora mu buraya. Aphrodis Mugambira afungiye kuri station ya Police ya Bwishyura aho yaraye afashwe Kuwa 3 Kanama 2016.

Golf-Hotel-Eden-Rock

Hotel Golf Eden Rock ya Mugambira yubatse ku mazi

Ingingo ya 206 mu gitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda ivuga ko “Umuntu wese ushishikariza, woshya cyangwa uyobya undi muntu mukuru n’aho yaba yabyiyemereye ashaka kumushora mu buraya, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni ebyiri (2.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.”

Mugambira mu minsi ishize yari ari I Kigali aho yavugaga ko afitanye gahunda n’abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye akaba yarabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko hari abantu bamugambaniye bari mu Karere ka Karongi ndetse akavuga ko bamaze igihe bamuteza ibibazo bashaka no kumufungira Hotel ye.

Gatera Stanley

 

3,556 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.