Akarengane:Yagurijwe ibihumbi 200 umwana we yirukanwe ku ishuri byarangiye isambu ye atwawe n’uwo yita umusirikare (Vedio)
— September 2, 2022
Please enter banners and links.

Nkuko bisanzwe ndetse bizwi ko Ikinyamakuru Umusingi na Umusingi TV aribyo byonyine bivugira abaturage akarengane kabo ubu bikaba byagejejeho inkuru y’akarengane kakorewe umuturage.
Nkuko muri bubyumve mu nkuru ku Umusingi TV uyu mugore yagurijwe amafaranga ibihumbi 200 ashaka kwishyura amafaranga y’ishuri kuko umwana we yari yirukanwe kubera amafaranga yishyuzwaga ku ishuri biba ngombwa ko yiguriza kugirango umunyeshuri asubire kwiga ariko abakomisiyoneri bafatanije n’inshuti ze baramushuka afata bank ramberi ariko agwatiriza icyangombwa cy’ubutaka bwe birangira gihinduwe mu mazina y’uwamugurije nyirubutaka atabimenye.

Ese guhinduza icyangombwa cy’ubutaka ntibisaba kunyura mu nzego zibanze?Ugurishije n’uguze bakabyemerera imbere y’ubuyobozi hakabaho n’amasezerano?kuki bitakozwe?.
Uwatanze amafaranga nkuko muribubyumve mu nkuru ya Umusingi TV twaramuhamagaye kugirango twumve icyo abivugaho ibimushinjwa arangije atubaza aho turi turahamubwira ati “Niba mushaka amakuru mwajya aho ikibazo cyabereye ubuyobozi bukabaha amakuru nyayo”.
Kuki yanze kutwibwirira ubwe uko bimeze akatwohereza mu buyobozi ngo nibwo buzi ikibazo uko kimeze?Ese ubuyobozi bukizi neza kurusha we nyiri ubwite?.
Kubera inkuru iri ku Umusingi TV ntabwo hano twavuga byinshi ariko nibidukundira tuzashakisha uvugwa ko yatwaye icyangombwa cy’ubutaka agurije umuntu bank ramberi bityo twumve nawe icyo abivugaho mu buryo burambuye ariko dukurije uko yadukupye kuri Telephone birashoboka ko atazatwemerera ko duhura ariko tuzagerageza tumushakishe.Ibindi bwabyumva muri vedio .
3,646 total views, 1 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply