Yiyahuye asimbutse mu igorofa ya 4 muri ULK bicyekwa ko yari atwite ndetse yanduye SIDA
— July 27, 2016
Please enter banners and links.

Ku Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2016, nibwo hasakaye inkuru y’umukobwa bikekwa ko yiyahuye asimbutse mu igorofa ya kane muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), ajyanwa kwa muganga igitaraganya ariko ashiramo umwuka.
Ubwo byose byabaga, nta cyangombwa na kimwe bamusanganye, gusa nyuma byaje kumenyekana ko yitwa Irabaruta Sandrine ukomoka mu Kagali ka Rwampara, mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro, ndetse yari umunyeshuri muri iyo Kaminuza mu mwaka wa Kabiri w’Ubumenyi mu bijyanye na Mudasobwa, Computer Sciences.


Amakuru atangwa na bamwe mu biga muri ULK, avuga ko Irabaruta yaba yari atwite, ndetse umuhungu wamuteye inda akaba yaramwanduje virusi itera SIDA nyuma akamwigarika, ku buryo bishobora kuba aribyo byamuteye kwiyahura.
Kugeza ubu ntacyo polisi iratangaza ku isuzuma ry’abaganga ku cyaba cyagaragaye. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel yabwiye abanyamakuru bamubajije ati “ turacyari mu iperereza nta kintu turabona, ibyo kuba atwite ni ibivugwa n’abantu.”
Mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda “Kwiyahura” ntibihanirwa, ariko ingingo ya 147 ivuga ko “umuntu wese woshya undi kwiyahura; ufasha undi kwiyahura; utuma undi yiyahura kubera kumutoteza; ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri kugeza ku myaka itanu.
Ikinyamakuru Umusingi kikaba kigikora ubucumbuzi kuri iyi nkuru kuko havugwa byinshi ndetse na ULK ikaba yarananiwe guhamagaza ikiganiro n’abanyamakuru kugirango basobanure urupfu ruvugwa muri Kaminuza yabo.
Ikinyamakuru Umusingi cyarashakisha ko cyamenya ababyeyi b’uyu mukobwa wiyahuye kugirango kiganire nabo cyumve ibyo batekereza ku rupfu rw’umukobwa wabo.
Ubwanditsi
4,838 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply