Umunyamakuru Umuhire Valentin wamenyekanye cyane yitabye Imana
— January 8, 2021
Please enter banners and links.

Inkuru y’akababaro yaraye yumvikanye mu matwi y’umuryango w’abanyamakuru mu Rwanda, inshuti n’abavandimwe ndetse n’abakurikiraga amakuru n’ibiganiro by’Umunyamakuru Umuhire Valentin, ni ukumva ko yashizemo umwuka.
Umuhire Valentin yamenyekanye avuga amakuru kuri Radio Rwanda, nyuma ajya kuri Radio 10 na TV10. Kuri ubu yari n’Umuyobozi akaba ari na we nyiri Ikinyamakuru Value News.
Yari amaze igihe kinini akora ikiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cyacaga kuri Isango TV na Radio Isango Star, kikanatambukira icyarimwe kuri Radio zitandukanye nka Radio Ishingiro y’i Gicumbi, Radio Isangano y’i Karongi, Radio Huguka y’i Muhanga, Voice of Africa, Radio Inkoramutima, Radio Authentic, Radio Izuba na Energy Radio y’i Musanze. Yari anafite ikinyamakuru cyandika kuri internet kitwa Value News.

Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2021 aho bivugwa ko yari amaze igihe arwaye indwara y’amayobera nyuma yo gukira COVID-19.
Amakuru yaturutse mu bagize umuryango we ba hafi ahamya ko mu minsi ishize Umuhire Valentin yakurikiranwaga n’abaganga i Kanyinya ahasanzwe havurirwa by’umwihariko abarwayi ba COVID-19.
Umuvandimwe we yabwiye itangazamakuru ko nyuma yo kumara iminsi akurikiranwa yapimwe abaganga bagasanga nta burwayi bwa COVID-19 afite mu mubiri we ariko akirembye, akaza koherezwa i Kigali.
Nyuma yo gukomeza kuremba kubera ikibazo cyo kubura umwuka, baje kumwohereza ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), ari na ho yaguye mu maboko y’abaganga bakomezaga kumwitaho ariko bikarangira avuye mu buzima.
Umuvandimwe we avuga ko Valentin Umuhire yari atuye mu Karere ka Musanze, gusa kumushyingura bikaba bikorerwa mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kutarenga imbibi z’uturere cyangwa Umujyi wa Kigali.Imana imuhe ikiruhuko kidashira.
2,821 total views, 3 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply