umu amakuru- Umunyamakuru Umuhire Valentin wamenyekanye cyane yitabye Imana | Umusingi

Umunyamakuru Umuhire Valentin wamenyekanye cyane yitabye Imana

Please enter banners and links.

Inkuru y’akababaro  yaraye yumvikanye mu matwi y’umuryango w’abanyamakuru mu Rwanda, inshuti n’abavandimwe ndetse n’abakurikiraga amakuru n’ibiganiro by’Umunyamakuru Umuhire Valentin, ni ukumva ko yashizemo umwuka.

Umuhire Valentin yamenyekanye avuga amakuru kuri Radio Rwanda, nyuma ajya kuri  Radio 10 na TV10. Kuri ubu yari n’Umuyobozi akaba ari na we nyiri Ikinyamakuru Value News.

Yari amaze igihe kinini akora  ikiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cyacaga kuri Isango TV na Radio Isango Star, kikanatambukira icyarimwe kuri Radio zitandukanye nka Radio Ishingiro y’i Gicumbi, Radio Isangano y’i Karongi, Radio Huguka y’i Muhanga, Voice of Africa, Radio Inkoramutima, Radio Authentic, Radio Izuba na Energy Radio y’i Musanze. Yari anafite ikinyamakuru cyandika kuri internet kitwa Value News.

 

Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2021 aho bivugwa ko yari amaze igihe arwaye indwara y’amayobera nyuma yo gukira COVID-19.

Amakuru yaturutse mu bagize umuryango we ba hafi ahamya ko mu minsi ishize Umuhire Valentin yakurikiranwaga  n’abaganga i Kanyinya ahasanzwe havurirwa by’umwihariko abarwayi ba COVID-19.

Umuvandimwe we yabwiye itangazamakuru ko nyuma yo kumara iminsi akurikiranwa yapimwe abaganga bagasanga nta burwayi bwa COVID-19 afite mu mubiri we ariko akirembye, akaza koherezwa i Kigali.

Nyuma yo gukomeza  kuremba kubera ikibazo cyo kubura umwuka, baje kumwohereza ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali  (CHUK), ari na ho yaguye mu maboko y’abaganga bakomezaga kumwitaho ariko bikarangira avuye mu buzima.

Umuvandimwe we avuga ko Valentin Umuhire yari atuye mu Karere ka Musanze, gusa kumushyingura bikaba bikorerwa  mu Mujyi  wa Kigali mu rwego rwo kubahiriza  amabwiriza yo kutarenga imbibi z’uturere cyangwa Umujyi wa Kigali.Imana imuhe ikiruhuko kidashira.

 

 

2,779 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.