Princess Priscillah uba muri Amerika yasohoye indirimbo yise Kakageste asaba urukundo kungufu (Vedio)
— November 16, 2020
Please enter banners and links.

Umuhanzi Priscillah arazwi cyane mu Rwanda uretse kugira ijwi ryiza nawe iyo umurebye ubona ari umukobwa mwiza bikaba byiza cyane umukobwa mwiza akagira ijwi ryiza kandi akagira ubuhanga mu bihangano bye bimufasha kumenyekana ndetse akaba azwiho gukorana n’itangazamakuru neza.
Kuri uyu wa gatandatu yagiranye ikiganiro n’Ikinyamakuru Umusingi nkuko mu bizi icyo kinyamakuru kimaze igihe gikorana n’abahanzi bamaze igihe muri muzika ndetse n’abakizamuka bityo avuga ko yasohoye indirimbo yise Kakageste.
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kumubaza ubutumwa buri muri iyo ndirimbo maze Princess Priscillah Umuratwa agira ati “Message rero irimo ni indirimbo y’urukundo isanzwe ivuga k’umuntu uri kumenyekanisha amarangamutima ye ku wo yihebeye ndetse anasaba urukundo at the same time”.
Priscillah akaba yarakomeje avuga ko amashusho yayo atandukanye nibyo wenda abantu bari biteze kuko agaragaza umusore uziritse! Hariya nashatse gukora script itandukanye n’ibyo buri wese yakwibwira ko ari bubone mu mashusho y’indirimbo y’urukundo.
Kuko usabye urukundo wese siko aruhabwa n’abarwimwe siko bose babifata neza! So uriya musore namuziritse musaba urukundo ku ngufu.
Priscillah yakoranye indirimbo n’abahanzi bakomeye mu Rwanda barimo The Ben ,Meddy ,Kitoko ,Emmy,King James n’abandi benshi hari nk’indirimbo yahuriyemo n’abahanzi benshi barimo Uncle Austin ,Ama G the Black ,Safi Madiba yitwa Bagupfusha ubusa ariko uyu muhanzi ukundwa cyane akaba afite indirimbo ze nyinshi kandi zikunzwe.
Zimwe mu ndirimbo ze harimo iyo yise Biremewe yakunzwe cyane ,hakaba indi yitwa Icyo mbarusha ,Mutima ,Warandemewe iyi ikaba yarakunzwe cyane ariko indirimbo ye yakunzwe cyane ndetse yatumye amenyekana n’indirimbo yise Mbabarira indirimbo n’ubu igikunzwe cyane kubera ijwi yakoreshejemo ndetse n’ubutumwa buyirimo.



Hano Priscillah yasabaga umusore urukundo kugahato



Bamwe mu bakunzi ba Priscillah bakaba bifuza kumubona yagarutse mu Rwanda agategura igitaramo kuko bamwe mu bahanzi bari baragiye hanze bagiye bagaruka ndetse bagakora ibitaramo bikitabirwa cyane bityo bakaba bifuza kongera kumubona ndetse abenshi bavuga ko bamukumbuye.
Noellah
3,498 total views, 1 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply