umu amakuru- Amatora y’urubyiruko yaranzwe n’akajagari no gusuzugura amategeko ya covid-19 | Umusingi

Amatora y’urubyiruko yaranzwe n’akajagari no gusuzugura amategeko ya covid-19

Please enter banners and links.

Amatora y’urubyiruko ku rwego rw’igihugu yabereye mu bice bitandukanye  by’igihugu cya Uganda yaranzwe  n’akajagari bisaba abapolisi ko baza kugarura ituze mu matora ariko komisiyo y’amatora yo ikaba itangaza ko amatora yagenze neza.

Komisiyo y’igihugu y’amatora(EC) yatangaje ko amatora azakorwa mu buhanga kandi ashimangira kubahiriza amabwiriza ya covid-19 ariko aya mabwiriza yamaganwe n’urubyiruko ubwo bari bari mu matora bitewe nuko bacitsemo ibice hagendewe ku mashyaka.

Mu mugi wa Mbale bimwe mu biro by’amatora nka Nabweya, Ihuza Kaminuza ya Kisilamu yo mu kagari ka Uganda(IUIU), na Doko A, hamwe n’ahandi urubyiruko rwigaragambije nyuma yo kumenya ko amazina atanditse mu gitabo cy’amatora.

Abakandida hano n’abatora ntibashyiraga umwanya hagati yabo ndetse bamwe ntabwo bari bambaye udupfukamunwa gusa mu midugudu imwe n’imwe yo mu byaro gutora byari byumvikanweho hagati y’abakandida n’ababashyigikiye.

Umwe mu bayobozi b’akarere ka Mbale , Bwana Charles Rebero yatangaje ko bamwe mu rubyiruko rudahwitse bahungabanya umutekano mu gihe cy’amatora mu midugudu imwe n’imwe ariko babibujijwe na polisi.

Bwana Charles Rebero yagize ati “ Mu migi itandukanye habayemo akaduruvayo ahanini katewe n’urubyiruko rwambaye ingofero zitukura”.

Bwana Rebero yavuze ko abenshi mu urubyiruko rwateje akaduruvayo bashakaga gutora nyamara bakaza gusanga amazina yabo atari mu gitabo cy’amatora gusa bohereje abapolisi muri utwo turere twose imyigaragambyo iza gutuza gutora birakomeza.

Nkuko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Uganda bivugwa ko urubyiruko rwinshi ari urwari rwambaye ingofero zitukura n’ubwo mu bindi bice hari abari bambaye imyenda y’umuhondo rivuga Ishyaka rya NRM riri ku butegetsi.

Ishimwe Marie Gabriella

2,537 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.