Abanyamakuru babiri mu Rwanda bafunzwe bakekwaho “kwigomeka ku buyobozi
— June 26, 2020
Please enter banners and links.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abanyamakuru babiri, Byansi Samuel Baker na Nshimyumukiza Janvier, bakurikiranweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi banga kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 no guhohotera abashinzwe kuyubahiriza.
Amakuru avuga ko bombi bafashwe kuri uyu wa Kane barenze ku isaha ya saa tatu z’ijoro, abantu bagomba batakiri mu nzira bagenda nk’uko biteganywa n’amabwiriza ya Guverinoma.
Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara na RIB yavuze ko “yafunze Byansi Samuel Baker na Nshimyumukiza Janvier, bombi ni abanyamakuru bakurikiranyweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi banga kubahiriza amabwiriza yo kwirinda no gukumira ikwirakwiza ry’icyorezo cya #COVID-19 no guhohotera abashinzwe kuyubahiriza.”
Yakomeje iti “Ubu bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe iperereza rikomeje.”
Ubu bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya #Kicukiro mu gihe iperereza rikomeje.
— Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) June 26, 2020
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane nibwo umunyamakuru Byansi yashyize ifoto kuri Twitter yambaye amapingu, yongeraho ko yafashe amafoto y’uburyo abapolisi bubahirizaga gahunda yo kuba nta bantu bakiri mu nzira nyuma ya saa tatu.
Polisi yahise isubiza ivuga ko yafashwe ari kumwe n’abandi bantu bari mu nzira bagenda muri Remera nyuma ya saa tatu z’ijoro.
Yakomeje iti “Wasabye ko ufatwa mu buryo bwihariye, ubwira nabi abapolisi ko uri umunyamakuru ndetse ko ku gufata batazi ibyo barimo”.
Polisi ivuga ko yakomeje kwitwara nabi ubwo bamusobanuriraga ko nta mpamvu yumvikana ituma adafatwa kimwe n’abandi, cyane ko bose bari barenze ku mabwiriza yashyizweho n’ubuyobozi.

Byansi Samuel Baker

Dear Baker,
You were stopped together with others with whom you were moving after 9 PM in Remera.
You tried to demand special treatment and attention by rudely telling off officers that you are a journalist and by stopping you they don’t know what they are doing.
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) June 25, 2020
3,030 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply