Yagiye mu bapfumu kurogesha mugenzi we bacuruzaga Restora kugirango ahimuke asigarane abakiriya ariko ibyo umupfumu yamutegetse biratangaje
— June 18, 2020
Please enter banners and links.

Umugore witwa Nalujja mu gihugu cya Uganda muri gahunda ikunda ku nyura kuri radio imwe muri icyo gihugu yavuze uburyo yagiye mu bapfumu agiye kurogesha mugenzi we bacuruzaga Restora bombi kugirango yimuke asigarane abakiriya wenyine.
Nalujja avuga ko bakoreraga mu Isoko rya Kafu mui Masindi maze ajya kureba umupfumu amubwira ko ashaka ko umugore bacuruza Restora zigeranye ko amuroga akimuka maze agasigarana abakiriya bose kuko uwo mugore yari afite abakiriya benshi cyane akorera Amashilingi menshi cyane kandi undi afite abakiriya bacye.
Mama Imulani akaba ariwe warozwe azira kugira abakiriya benshi kandi koko umupfu yemereye Nalujja ko ibyo abishoboye kandi amaze kuroga benshi ubucuruzi bwabo bugapfa bakimuka bakegenda .
Nalujja avuga ko umupfumu yamusabye amazina y’uwo mugore wagombaga kurogwa akimurwa arayamubwira ndetse aramubwira ati genda mu minsi mike uzabibona bityo hashize igihe gito umugore yatangiye kurwara birangira yimutse koko aragenda.
Nalujja yatangiye gukora biragenda rwose atangira kubona amashilingi ariko nyuma y’amezi 6 Nalujja nawe yatangiye kurwara asubira ku mupfumu kumubwira ko ibyagombaga gufata uwo yashakaga kuroga ariwe byafashe.
Umupfumu yabwiye Nalujja ko we atavura ahubwo aroga bityo umupfumu abwira Nalujja ati kugirango ukire ni uko uzajya gushaka wa mugore Mama Imulani ukamusaba imbabazi nibwo uzakira.
Nalujja ntiyari azi aho Mama Imulani yimukiye kuko yari yarwaye cyane biramuyobora ku buryo nawe yatangiye kubyimba amaboko adashobora gukora akazi ananirwa akazi nawe ajya kurwarira iwe mu rugo.
Abanyamakuru bamusabye nimero za Telephone za Mama Imulani kugirango bamufashe kumenya aho aherereye ajye kumusaba imbabazi akire ibirozi kuko byaramugarukiye ibyo yashakaga kurogesha Mama Imulani niwe byagarukiye.
Abanyamakuru kuri radio bamusabye nimero ya Mama Imulani bayihamagaye yitabwa n’umugabo we bamubwira ko bashaka Mama Imulani kuko bakoranaga nawe mu isoko hari ibyo bashaka kumubaza bijyanye n’akazi.
Umugabo wa Mama Imulani yababwiye ko Mama Imulani yarwaye muri iki gihe cya Corona Virusi kubera nta modoka zari zemerewe kugenda Ambulance batabaje yagiye kuhagera yarembye iramutwara ariko apfira mu nzira ataragera kwa Muganga.
Umugabo wa Mama Imulani yababwiye ko nta gihe kirekire kirashira apfuye ndetse avugana agahinda ati iyo aba aretse gupfa ,Ati Imana yaramutwaye ntakundi ariko nimero ye nayirekeyeho kugirango abazajya bamuhamagara batazi ko yapfuye njye mbamenyesha amakuru y’urupfu rwe.
Ibi byose Nalujja yarabyumvaga arangije avuza induru yumvise ko uwo bamubwiye gusaba imbabazi yapfuye ati ubu nanjye ngiye gupfa ahita akuraho Telephone ariko abanyamakuru bamaze kumubwira ko kuroga ari bibi ko ashobora gucuruza agatera imbere atagiye mu bapfumu.
Muhungu John –Kampala
3,696 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply