umu amakuru-  Umugabo yarumye umwana we w’umwaka umwe amupfunyika mu mufuka amujugunya mu gihuru | Umusingi

tuga3-650x503  Umugabo yarumye umwana we w’umwaka umwe amupfunyika mu mufuka amujugunya mu gihuru

Please enter banners and links.

tuga3-650x503

 

Umugabo w’umugome yarumye umwana we amatama arangije amuhambira mu mufuka ajya kumujugunya mu kizu kiri mu Ishyamba hafi yo kwanyirakuru.

Emmanuel Ochomu niwe se w’umwana w’umuhungu witwa Peace Mugala ufite umwaka umwe n’igice yatse nyina witwa Prossy Alim ufite imyaka 17 akaba yari yamuzanye kwa se kugirango amuhe ubufasha bwo gutunga umwana we babyaranye.

tuga2-650x867

Nyina w’umwana Prossy Alim

Alim nyina w’umwana avuga ko hashize umwaka atandukanye na Ochemu akaba yari aturutse ku kirwa kitwa Bukwaya mu Karere ka Buvuma muri Uganda aje gusaba ise w’umwana ubufasha ariko akavuga ko bari babanje gutongana ise w’umwana abwira nyina w’umwana ko amuha umwana we akamushyira Nyirakuru akamuha n’umugisha kuko atamuzi ndetse ahora amwishyuza kumuzanira umwuzukuru.

tuga1-703x422

Umwana ise yaramujyanye ariko icyatangaje abantu ni uko umwana bamusanze mu kizu kiri mu Ishyamba cy’umuntu wapfuye hafi yo kwanyirakuru w’umwana asingazinze mu mufuka ndetse ise yamurumye amatama yose yakomeretse.

Abaturage bahise umwana bamujyana kuri Polisi ya hitwa Njeru muri Jinja ,umukuru wa polisi muri ako gace witwa Christopher  Katumba Kiggundu yahise amwihutisha amujyana mu bitaro byitwa Sanmo Medical Group kugirango avurwe.

Umukuru wa Polisi ya Jinja akaba yavuze ko ise w’umwana Ochomu bamureze urubanza rwo gushaka kwica umwana we yibyariye urubanza rwe rukaba rwahawe nimero 48/22/06/2016 akaba yatangiye guhigwa kugirango ahanwe n’amategeko y’icyaha yakoze.

Muhungu John Kampala

 

 

 

 

3,053 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.