Umugabo yarumye umwana we w’umwaka umwe amupfunyika mu mufuka amujugunya mu gihuru
— July 9, 2016
Please enter banners and links.

Umugabo w’umugome yarumye umwana we amatama arangije amuhambira mu mufuka ajya kumujugunya mu kizu kiri mu Ishyamba hafi yo kwanyirakuru.
Emmanuel Ochomu niwe se w’umwana w’umuhungu witwa Peace Mugala ufite umwaka umwe n’igice yatse nyina witwa Prossy Alim ufite imyaka 17 akaba yari yamuzanye kwa se kugirango amuhe ubufasha bwo gutunga umwana we babyaranye.

Nyina w’umwana Prossy Alim
Alim nyina w’umwana avuga ko hashize umwaka atandukanye na Ochemu akaba yari aturutse ku kirwa kitwa Bukwaya mu Karere ka Buvuma muri Uganda aje gusaba ise w’umwana ubufasha ariko akavuga ko bari babanje gutongana ise w’umwana abwira nyina w’umwana ko amuha umwana we akamushyira Nyirakuru akamuha n’umugisha kuko atamuzi ndetse ahora amwishyuza kumuzanira umwuzukuru.

Umwana ise yaramujyanye ariko icyatangaje abantu ni uko umwana bamusanze mu kizu kiri mu Ishyamba cy’umuntu wapfuye hafi yo kwanyirakuru w’umwana asingazinze mu mufuka ndetse ise yamurumye amatama yose yakomeretse.
Abaturage bahise umwana bamujyana kuri Polisi ya hitwa Njeru muri Jinja ,umukuru wa polisi muri ako gace witwa Christopher Katumba Kiggundu yahise amwihutisha amujyana mu bitaro byitwa Sanmo Medical Group kugirango avurwe.
Umukuru wa Polisi ya Jinja akaba yavuze ko ise w’umwana Ochomu bamureze urubanza rwo gushaka kwica umwana we yibyariye urubanza rwe rukaba rwahawe nimero 48/22/06/2016 akaba yatangiye guhigwa kugirango ahanwe n’amategeko y’icyaha yakoze.
Muhungu John Kampala
3,055 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply