Harashidikanywa ku bivugwa n’Ibitaro by’i Ndera ko byasanze Barafinda ARWAYE
— March 4, 2020
Please enter banners and links.

Nyuma y’uko Barafinda Sekikubo Fred washakaga kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora y’umukuru w’Igihugu aheruka ajyanywe n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ku bitaro bivura indwara zo mu mutwe kugira ngo asuzumwe niba nta burwayi bwo mu mutwe afite, amakuru ari kuvugwa hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga avuga ko basanze arwaye.
Mu minsi yashize umuyobozi w’ibitaro bya Ndera Frère Nkubiri yavuze ko Barafinda ari mu bitaro byabo ariko ko nta makuru yadutangariza kuko bitemewe ko umuganga atangaza amakuru ku murwayi.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 04, Werurwe, 2020 umuvugizi w’Ubugenzacyaha Marie Michelle Umuhoza yabwiye ibinyamakuru birimo Umuseke ko ibisubizo bahawe n’abaganga byemeza ko Barafinda Sekikubo Fred arwaye.
Ati: “ Amakuru ibitaro bya Ndera byaduhaye ku byerekeye ubuzima bwo mutwe bwa Barafinda avuga ko basanze arwaye, ariko sinakubwira ngo arwaye iyi ndwara kuko biba bikiri ibanga…”
Abajijwe niba RIB yaba yakuyeho ibyo yakurikiranagaho Barafinda, Marie Michelle Umuhoza yavuze atagikurikiranwe.

Kugeza ubu ngo Barafinda ari kuvurwa mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe biri mu murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.
Gusa hari abantu bari kwibaza niba RIB ifite ububasha butwara umuntu mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe kuko hari abavuga ko Urukiko arirwo rubifitiye ububasha .
Ikinyamakuru Umusingi kikaba kirimo gucukumbura iyi nkuru ku buryo mu nkuru itaha tuzabagezaho ufite ububasha bwo gutwara umuntu mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe.
4,728 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply