Yashyiriye umugore we ururabo ku munsi w’abakundanye asanga yarapfuye cyera
— February 20, 2020
Please enter banners and links.

Mu gihugu cya Uganda umugabo wari waratandukanye n’umugore we ku munsi w’abakundanye yashatse gutungura umugore we amushyiriye ururabo rw’abakundana ageze iwabo w’umugore we bamubwira ko yapfuye cyera.
Moses utuye ahitwa Kikwayi muri Kyaggwe niwe wari waratandukanye n’umugore we nyuma y’amezi atandatu batavugana abantu bakamubaza amakuru y’umugore we akabihorera byabindi abantu batandukana barakaranije umwe adashaka kuvugisha undi.
Uyu mugabo ubanza ubuzima bw’ubusiribateri bwaramukubise atekereza kugarura umugore we ariko atekereza kuzabikora ku munsi w’abakundanye ashaka kumutungura ngo amukorere surprise nkuko abakundana bakunda kubikora bityo agura indabyo aragenda ageze mu gasantire iwabo w’umugore asigara ahantu yicaye afata icyo kunywa atuma umumotari ati genda amurangira urugo ajyamo ati ubaze umuntu witwa Rose umuhe indabyo umubwire ko ari Mukubwa ko ashaka ko uza mukaganira.
Umumotari yaragiye ageze mu rugo ahasanga umukobwa ariko abona uburyo amurebyemo bigaragara ko hari ikibazo mu gihe akibaza Rose arihe nyina wa Rose yaje avuza indura ati abanyiciye umwana baragarutse ?.
Umumotari yahise abajungunyira ibyo bari bamuhaye kuza yurira moto ye vuba vuba aragenda abwira uwamutumye ko uwo yamutumyeho ngo yapfuye cyera.
Nyuma iwabo w’umugore barafunguye basanga mubyo yari yohereje harimo n’urwandiko yari yandikiye umugore we amasaba kugaruka mu rugo ko akimukunda ,ibyo byatumye abatekerezaga ko wenda umugabo ari we wari waricishije umugore we kubera amakimbirane bari bafitanye batangiye gucyeka ko atari we kandi ntibigeze banamubikira ko umugore we yapfuye.
3,957 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply