umu amakuru- Abafana ba Eddy Kenzo bagiye kwa Sheikh Muzaata basuka umuceri w’ipirawo n’inyama ku gipangu | Umusingi

Abafana ba Eddy Kenzo bagiye kwa Sheikh Muzaata basuka umuceri w’ipirawo n’inyama ku gipangu

Please enter banners and links.

Ejo kuwa kane tariki 17 Ukwakira 2019 abafana ba Eddy Kenzo bagiye kwa Sheikh Muzaata aho atuye hitwa Falawo i Kawempe muri Uganda Kampala basuka umuceri w’ipirawo n’inyama ku gipangu cye.

Impamvu yatumye bakora ibi ni uko uyu mugabo uzwi cyane muri Uganda mu gutukana kuko ntawe atinya gutuka aherytse gutuka umuhanzi Eddy Kenzo ngo agende arongore nyina ndetse yongeraho ko afite utwuma mu matwi bisobanuye ko ari umutinganyi bikaba byarababaje uyu muhanzi Kenzo uri muri Colombia aho yagiye mu bitaramo bitandukanye ndetse agomba gukomereza muri Russia.

Aba basore barimo uwitwa Muhammadi Nsubuga, Tomas Bagonza akaba umuyobozi w’Akagali  muri  Katanga na Elias Katongole biyise abafana ba Kenzo ndetse ko ari abavugira uburenganzira bw’ikiremwa muntu bakavuga ko Muzaata kwanga gusaba Kenzo imbabazi mu ruhame kubera ibyo yamuvuzeho aribyo byatumye bakora ibyo bakoze.

Barimo gutera umuceri w’ipirawo kugipangu

Sheikh Muzaata ibyo yabivuze yabivugiye ku muhango ubwo uwahoze ari umugore wa Eddy Kenzo witwa Rema yajyanaga kwerekana umugabo we mu babyeyi.

Aba basore bakaba bavuga ko Sheikh Muzaata kuvuga biriya byose ari uko yarebaga umuceri w’ipirawo n’inyama bigatuma atangira gutukana ahari kugirango bamuhe ipirawo n’inyama.

Mu myigaragambyo bakoze bahakurwana na Polisi bavuze ko nadasaba imbabazi Kenzo bazakora ibindi birenze ku byo bakoze.

Eddy Kenzo nawe iyo ari mu mahanga akurikirana ibibera mu gihugu akaba yanditse ku rukuta rwe rwa Facebook asaba abafana be kwitonda bakareka kwigaragambya akabanza akaza.

Eddy Kenzo avuga ko nagaruka mu gihugu azajya kuba ku musigiti aho Sheikh Muzaata asalira akahamara iminsi aharara kugeza babonanye amaso ku maso akamubwira uburyo amubwira kujya kwenda nyina kandi abizi ko ntawe agira ndetse akerekana ubuhamya uburyo ari umutinganyi byose akazahava bisobanutse.

Ikindi kandi ngo Kenzo nta gitaramo na kimwe azakora muri Uganda mu gihe uyu Muzaata ataramusaba imbabazi kandi Muzaata ntabikozwa ibyo gusaba imbabazi.

Muhungu John-Kampala

4,286 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.