Perezida w’uBurundi Nkurunziza yakiriye umugore wa Ndadaye wishwe amaze amezi 3 gusa abaye Perezida
— October 15, 2019
Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi kuri uyu wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2019 nkuko kiyemeje kubagezaho amakuru yo mu Karere no ku isi yose ko Perezida w’uBurundi Petero Nkurunziza yakiriye mu biro bye umugore wuwahoze ari Perezida w’icyo gihugu Ndadaye Melchior.
Umugore wa Ndadaye Melchior witwa Laurence Ndadaye niwe wakiriwe na Perezida w’uBurundi Petero Nkurunziza hakaba hashize imyaka 26 uyu Ndadaye yishwe ndetse hakaba hategurwa umuhango wo kwibuka nyakwigendera.

Perezida w’uBurundi Nkunziza n’umugore wa Ndadaye Laurence


Ndadaye Melchior
Ndadaye Melchior niwe wabaye Perezida wa mbere w’igihugu cy’uBurundi binyuze mu matora agatsinda ariko akaba yarishwe nyuma y’amezi 3 gusa ku butegetsi azira ikibazo cy’amoko cyari gikomeye cyane muri icyo gihugu.
Ndadaye yavutse mu mwaka wi 1953 apfa mu mwaka wi 1993 akaba yari mu Ishyaka FRODEBU ryari rigizwe n’Abahutu ariko igisirikare kikaba cyari kigizwe n’Abatutsi aribo bamwishe maze ibibazo by’ivangura n’amacakubiri bishingiye ku moko kirakomera cyane.
Ntago turamenya ibyo Perezida Nkurunziza yaganiriye na Laurence Ndadaye dore ko harimo gutegurwa umuhango wo kumwibuka.
Ubundi ntago bikwiye umuntu kuziza undi ubwoko bwe kuko Imana yaremye abantu bose basa kuko bose bafite uruhu rusa abirabura n’abazungu ibaha uruhu rwabo ariko biratangaje kubona abirabura bicana bazira ubwoko.
Umuntu ntakwiye kuzira ko ari inzobe cyangwa igikara cyangwa afite izuru rinini cyangwa rirerire cyangwa ari mugufi cyangwa muremure cyangwa aho akomoka ibyo abantu bakwiye kubisa mu mitwe yabo bakumva ko bose aria bantu bamwe.
6,020 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply