Mama yansenyeye urugo none ntagishaka ni uko nkandagira mu rugo rwanjye
— June 17, 2016
Please enter banners and links.

Nshaka umugabo nari nziko ngiye kugira ibyishimo ariko siko byangendekeye kubera Mama wanjye.Ababyeyi bacu turabakunda cyane kuko batugira inama iyo hari aho bitagenze neza ariko bamwe aho kutugira inama ahubwo baradusenyera ndetse tukaba abanzi.
Abana babakobwa hari abakura bakagera igihe cyo gushaka abagabo bakuba nk’abandi bose ariko bamwe baba badafite ababyeyi bikabababaza kuko buri mubyeyi yifuza kugira ibyishimo by’umwana we iyo abonye y’ubatse.
Umwana nawe ashimishwa no kwereka ababyeyi be ibyiza harimo no kubereka urugo rwiza bishimisha abana ndetse n’ababyeyi bakishima ariko hari ababa bafite ababyeyi ariko bakaba aribo babasenyera.Banyita Sarah Nakakaawa mfite imyaka 30 ntuye Nakaseke ,nakuze nk’abandi bakobwa bose ngeza igihe nshaka umugabo tumera neza kumara igihe ndetse tubyarana abana 3.
Nageze aho umugabo wanjye mujyana kumwereka Mama wanjye kugirango mbone umugisha wababyeyi ariko icyantangaje ni uko nyuma umugabo wanjye yatangiye kujya ajya gusura Mama atambwiye kandi akagaruka mu gicuku.
Umugabo wanjye yajyaga aza bwije cyane nka saa munani z’ijoro cyangwa saa cyenda bugiye gucya nkatekereza ko aba yagiye mu bandi bagore tugatongana rimwe na rimwe akankubitira imbere y’abana batureba.
Hari umunsi namubajije aranyihorera ndakomeza ndamubaza ageze aho ambwira ko aba ava gusura Mama wanjye numvaga bimbabaza umugabo guhora aza mugicuku mubajije impamvu niba wenda hari ibyo ntakora neza mu buriri cyangwa mutekera nabi ahubwo ambwira ko aba avuye gusura Mama wanjye.
Narababaye ariko sinahise njya kubaza Mama kuko umugabo yarakomeje aza mu gicuku mubajije aho avuye arongera ambwira ko avuye gusura Mama kandi Mama nta mugabo afite ,kuva icyo gihe natangiye kumenya ko umugabo wanjye asambanya Mama wanjye.
Nagiye mu rugo kwa Mama natangiye kuzana icyo kiganiro cy’umugabo wanjye uburyo aza mugicuku ako kanya Mama yatangiye kuntuka ,ancira mu maso ndahaguruka ndagenda ,kuva icyo gihe Mama ntagishaka kumbona mu maso ye ndetse ntagishaka ni uko njya kumusura.
Nasubiye mu rugo umugabo nawe aranyirukana ubuzima burankomerera ndetse n’abana banjye umugabo abatwara kwa Nyirakuru ubyara se kandi ikimbabaza ni uko batiga.
Ubu ndikodeshereza ndetse natangiye gushaka icyo nkora kugirango abana banjye bige neza ariko aho se yabajyanye mucyaro bambwiye ko batiga .
Muhungu John
2,925 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply