Igisirikare na Polisi bakoze umukwabu wo gushaka Umunyamerika n’Umugande bari barafashwe bugwate muri Uganda barababona ariko mu kindi gihugu
— April 7, 2019
Please enter banners and links.

Amakuru aturuka muri Uganda aremeza ko inzego zishinzwe umutekano muri Uganda igisirikare na Polisi byakoze umukwabu ukomeye uyobowe n’uhagarariye Abajepe n’uwa Polisi bashaka Umunyamarika n’Umugande bari barafashwe bugwate barababona.
Umunyamerika witwa Kimberly Sue Endicott na Jean Paul Mirenge Remezo nibo bari barafashwe kuwa kabiri w’icyumweru gishize ubwo bari bagiye gusura inyamaswa muri Pariki ya Queen Elezabeth hanyuma basanga abantu bafite imbunda babafata bugwate basaba Miliyari na Miliyoni 850 z’Amashilingi ya Uganda.
Amakuru aturuka mu bantu bizewe aravuga ko Amerika yashyize igitutu kuri Uganda ko Umunyamerika agomba kuboneka byanze bikunzwe aribyo byatumye ukuriye Abajepe barinda Perezida Museveni n’ukuriye ingabo ndetse na Polisi bishyize hamwe bagakora umukwabu wo gushaka abari bafashwe bugwate ariko bakaza kubabona.


Amakuru arimo kuvugwa ni uko basanzwe mu gihugu cya DR.Congo ari bazima bakaba bagaruwe muri Uganda ariko ntaharamenyekana abari babafashe niba bishwe cyangwa babacitse.
Amakuru avuga ko amafaranga yasabwe yaratanzwe kugirango Umunyamerika atazicwa Uganda igahura n’ibibazo ariko igitangaje ni uko hari Abagande bagiye bafatwa bugwate bagasaba akayabo kamashilingi ariko bakicwa kandi ibintu byo gufata bugwate muri Uganda bimaze kuba ubucuruzi.
4,397 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply