Lt. Irakoze Dieudonné watorotse igisirikare cy’u Burundi ‘yagaragaye’ i Kigali
— April 5, 2019
Please enter banners and links.

Irakoze Dieudonné wari ufite ipeti rya Liyetona mu gisirikare cy’u Burundi yatorotse, ngo yagaragaye i Kigali mu gihe afite n’ibindi byaha ashinjwa birimo n’ubutekamutwe.
Amakuru agera kuri SOS Medias/ Burundi avuga ko Liyetona Irakoze yagaragaye mu mujyi wa Kigali ari kumwe n’inshuti ze z’Abarundi, bari mu kabari k’i Remera, aho bafatiraga icyo kunywa banareba umukino w’ikipe y’u Burundi na Gabon wabaye ku wa 23 Werurwe 2019.
Uwahaye amakuru iki kinyamakuru, yagize ati “Yavuze ko agiye mu butumwa hanze y’igihugu, benshi mu nshuti ze batanga ubuhamya bavuga ko bamubonye mu kabari (Bar) i Kigali, ari kumwe n’abandi Barundi”.
Mu gihe bamwe mu muryango we ngo batari bazi aho aherereye, igisirikare cy’u Burundi gitangaza ko yagitorotse (Deserter), ngo akaba anashinjwa ibyaha bitandukanye birimo n’ubutekamutwe yagiriye abasirikare bafite amapeti akomeye mu gisirikare cy’u Burundi.
Bamwe mu nshuti ze bavuga ko ashinjwa kwiba ibihumbi 100 by’amadolari ya Amerika, yahabwaga n’abasirikare bakomeye abizeza ko agiye gushakira abana babo abaterankunga bo kubarihirira amashuri mu Bushinwa, ku ruhande rw’umuryango we ngo bakabihakana bavuga ko ari ukumubeshyera.
Uyu musirikare ukiri muto mu myaka, ngo anashinjwa kuba inyuma y’ishimutwa rya bagenzi be, ryagiye rikorwa n’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza SNR (Service National de Renseignement).
Uyu musore kandi ngo ashinjwa kuba inyuma y’urupfu rwa Lt. Hermes Nduwingoma washimutiwe mu gace ka Kinanira III, mu Mujyi wa Bujumbura n’abantu bacyekwagaho kuba abakozi ba SNR. Nyuma y’iminsi ibiri ngo umurambo we wabonwe aho yiciwe, ari nabwo hagabwaga igitero ku bigo bya gisirikare ku wa 11 na 12 Ukuboza 2015.
Ubwo Bwiza.com yifuzaga kumenya niba Lt. Irakoze Dieudonné yaba ari mu Rwanda nk’impunzi, mu kiganiro yagiranye n’umwe mu bakozi muri Minisiteri ifite impunzi mu nshingano, yagize ati “Umuntu twebwe tureba ni uri mu Rwanda akaba anafite ibyangombwa by’ubuhunzi naho uwundi winjiye mu bundi buryo bibazwa Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Abinjira n’Abasohoka kuko wasanga adafite icyangombwa cy’ubuhunzi”.
Ku murongo wa Telefoni, Bwiza.com yavuganye n’umukozi ushinzwe ibibazo muri rusange mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka, abajijwe niba Irakoze bamuzi nk’umunyamahanga uri mu gihugu, yasubije agira ati “Abantu tuba twarakiriye ni benshi cyane, ntabwo twabimenya pe”.
Source:Bwiza.com
6,460 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply