Umusore wo muri Kenya Patrick Hinga wari warasobetswe n’ibiyobyabwenge wamenyekanye cyane kubera umugore biganye washakaga kumuvura yitabye Imana
— March 20, 2019
Please enter banners and links.

Baramwibuka cyane umusore Patrick Hinga wari warasobetswe n’ibiyobyabwenge muri Kenya wabonye umugore bakuranye kuva mu buto wamubonye anyuraho akamuhamagra undi yakebuka akabona umusore muremure ariko wambaye nabi ndetse yisize ibintu umubiri wose asa n’umuntu urwaye mu mutwe.
Umukobwa witwa Wanja Mwaura niwe wiganye na Patrick Hinga witabye Imana kuwa 17 Werurwe 2019 ariko icyo yazize kikaba kitaravugwa kubera ko uyu mugore yatangaje urupfu rwa Patrick Hinga ku rubuga rwe rwa Facebook ko ababajwe n’urupfu rw’inshuti ye Patrick Hinga ko Imana imwakire ati “Ntabindi byinshi mfite navuga uruhuke neza nshuti”.
Uyu musore ubwo yabonaga Wanja Mwaura anyuraho ku muhanda muri Kenya bahise bifotoza amafoto ashyirwa kuri Facebook maze akwirakwizwa hose ku buryo uyu mukobwa abantu benshi bamushimiraga umutima yagize agatinyuka kwifotoranya n’umuntu wasaga nabi ndetse akaba yaramujyanye amugurira ibiryo barasangira ahera ubwo amushakira uburyo yamujyana mu bigo bivura ababa barasobetswe n’ibiyobyabwenge.



Umwaka ushize mu kwezi kwa munani nibwo uyu musore Patrick Hinga nibwo yari yasezewe ko yakize ndetse n’amafoto ye agaragaza ko yakize nayo yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga ariko muri Kenya inkuru y’urupfu rwe ikaba yatangaje abantu benshi cyane.
Ibinyamakuru bivuga ko uyu yatanzweho akayabo ka KSh149,000 (ushyize mu magande Shs5.4m) ,bikaba bivugwa ko yatangiye kunywa ibiyobyabwenge yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri y’isumbuye kugeza ubwo yirukanywe ku ishuri atangira ubuzima bwo kuba mayibobo ku mihanda ariho mushuti we yamukuye akajya kumuvuza.




Abantu banditse ku rukuta rw’uyu mugore Wanja Mwaura bashaka kumenya icyaba kishe uyu musore ariko abenshi bamushimiye cyane ubutwari yagize bwo kwita ku nshuti ye bakuranye mu buto bakigana akaba yari amaze gukira ariko akaba apfuye nyuma yo kuva mu bitaro.
5,159 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply