umu amakuru- Byakomeye :Umukobwa wa 2 nawe amaze gusezererwa muri Miss Rwanda 2019 | Umusingi

Byakomeye :Umukobwa wa 2 nawe amaze gusezererwa muri Miss Rwanda 2019

Please enter banners and links.

Igihozo Darine wari wambaye nimero 26 niwe mukobwa wa 2 wasezerewe mu irushanwa rya nyampinga (Miss) w’ u Rwanda 2019.

Ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 20 Mutarama 2019 nibwo Higiro Joally yasohotse muri boot camp, uyu yari abaye uwa mbere usohotse abimburiye abandi bane bagomba kumukurikira cyane ko umunsi wa nyuma w’irushanwa uzagera hasigayemo abakobwa 15 muri 20 bari binjiye mu mwiherero w’aya marushanwa.

Nkuko byagenze ku munsi wa mbere abakobwa bahawe itegeko ko bagomba gutegura ibintu byabo uko babizanye ku mugoroba batangira gukora challenge ubundi batangira kuyibazwaho buri mukobwa yari afite iminota itatu yo gusobanura ku byo yabajijwe. aha bahawe ingingo 3 zo kuvugaho arizo;

-Uburyo Miss Rwanda yashyigikira gahunda ya Visit Rwanda

-Uburyo Miss Rwanda yafasha abana babakobwa kubona imirimo

-Gusobanura uburyo umuntu yakwiyigisha atari ngombwa ko ajya mu ishuri

 Igihozo Darine

Umurungi Sandrine ufite nimero 19 na Igihozo Darine nibo bagize amanota make mu kizami bahawe n’ akanama nkemurampaka, ninabo batatowe cyane binyuze mu butumwa bugufi SMS.

Abakobwa babiri bagize amanota make mu kizami batanatowe cyane, itora rya bagenzi babo niryo ryemeza utaha n’ usigara. Umurungi yatowe n’abakobwa 13 arasigara naho Igihozo atorwa n’ abakobwa atanu asezererwa atyo.

Igihozo Darine yavuze ko ‘kuba muri boot camp byari byiza, ngo yize ibintu byinshi, n’ubwo urugendo rurangiriye ’.

Igihozo Darine watashye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mutarama atashye nyuma ya Higiro Joally wasezerewe ejo ku Cyumweru tariki 20 Mutarama.

 

4,367 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.