umu amakuru- Spice Diane ukunda kuririmba aseka abasore bamufatafata ku mabere arimo kubaka inzu ya etaje | Umusingi

Spice Diane ukunda kuririmba aseka abasore bamufatafata ku mabere arimo kubaka inzu ya etaje

Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi ni uko umuhanzi Spice Diana amazina ye nyayo yitwa Diana Namukwaya bamwe bakunda kwita agakobwa gakunda guseka cyane ndetse rimwe na rimwe abasore bakagafatafata ku mabere mu bitaramo karimo kubaka inzu ya etaje.

N’umukobwa ubona umaze kugira izina rikomeye ariko utaragera kuri ba Juliana ,Rema umugore wa Eddy Kenzo ba Winnie Nwagi naba Sheebah ariko nawe amaze kugira izina.

Bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda byanditse bivuga ko arimo kubaka inzu ya etaje igikorwa gishoborwa n’abahanzi bacye cyane muri Uganda.

Hari ibinyamakuru byavuze ko bamusanze arimo guha amabwiriza abubatsi mu mujyi wa Kampala aho arimo kubaka inzu ya eteje.

Abantu batandukanye barimo kwibaza niba uyu mukobwa amafaranga yarayakuye mu muziki gusa cyangwa hari izindi nzira yaba yaranyuzemo kuyabona kuko hari benshi bamutanze mu muziki batariyubakira akazu none we akaba aje akabanyuraho akubaka etaje yubakwa n’abagabo igasiba abandi n’ubwo amahirwe y’umuntu atareba imyaka umaze mu mwuga.

Hari abatangiye kuvuga ko hari igihe bamubonanye n’abagabo bakomoka mu bihugu by’Abarabu bari kumwe nawe ubwo yizihizaga umunsi w’isabukuru ye yamavuko yizihirije mu bwato bwiza cyane ndetse bamwe bacyeka ko yari mu gihugu cya Dubai ko bashobora kuba baramuhaye ku gafaranga .

Hano yakoranye indirimbo na ba Radio na Weseal

Uyu mukobwa agira n’ibiro bikomeye akoreramo akazi ka muzika ye

afite n’imodoka nziza

Uyu mukobwa aherutse kujya mu gitaramo ari ku rubyiniro abasore batangira kumubwira ko amabere ye yaguye ati ibyo muribeshye nimwohereze umusore aze akoreho ababwire bityo umusore araza barabyinana ari nako amukora ku mabere abantu bose bareba.

Ariko hari abavuga ko ibyo aribyo bituma akundwa cyane kandi ibihangano bye bikagurwa akabona amafaranga kuko abasitari kumukora ku mabere ye aba yumva ntacyo bimutwaye.

 

6,659 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.