umu amakuru- Umubyeyi wa Miss Iradukunda Liliane ngo amuheruka aba Nyampinga, n’imodoka ye nibwo ayiheruka | Umusingi

Umubyeyi wa Miss Iradukunda Liliane ngo amuheruka aba Nyampinga, n’imodoka ye nibwo ayiheruka

Please enter banners and links.

Ubwo yaganiraga na kimwe mu bitangazamakuru bya hano mu Rwanda bikora amakuru y’imyidagaduro (ShowBiz) ku wa Mbere tariki 31/12/2018, umubyeyi wa Nyampianga (Miss Rwanda 2018) Iradukunda Liliane utuye Rwampara yahishuye ko we n’umukobwa we badaherukanye akaba amukumbuye cyane.

Uyu mubyeyi abazi gusesengura amashusho bavuze ko umubyeyi wa Miss Rwanda Iradukunda Liliane aganira n’umunyamakura yagaragazaga akababaro ku maso n’agahinda nk’umubyeyi yumvaga umwana we ubwo abaye Nyampinga amutezemo byinshi ariko ibyo bindi nyina sibyo ashaka ahubwo yavuze ko ashaka guhura n’umwana we bakaganira.

Nyina wa Nyampinga

Ababyeyi ba Nyampinga umunsi yambikwa ikamba

Umwe mu bumvise ikiganiro cy’uyu mubyeyi yaravuze ati Nyampinga akananirwa no gufata umunsi umwe atemberana ababeyi mu modoka yahawe koko?.

Mu gihe ibikorwa byo gutoranya Nyampinga ugomba gusimbura Miss Rwanda Iradukunda Liliane birarimbanije, uyu mubyeyi yavuze ko rwose yifuza kubona umwana we ngo kuko asa nk’umuheruka ubwo yambikwaga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2018 dore ko ngo no kuvugana kuri Telefoni ari tombola kuko atajya amuhamagara.

Uyu mubyeyi ubona avugana ikiniga, yavuze ko byanamutera kurira kuganira ku mwana we ahanini bishingiye ku gahinda ko kuba badaherukanye.

Uyu mubyeyi witwa Uwimana Chantal avuga ko Iradukunda Liliane ari we mwana wenyine w’umukobwa afite, gusa ngo amaze kugira imyaka 5 yamuhaye abo mu muryango ngo bamurere kuko we nta bushobozi buhagije yari afite bwo kumwitaho.

 Nyina wa Liliane Iradukunda avuga ko kugeza ubu umukobwa we abana na mubyara we wo kwa nyirasenge.

Nyuma amaze kuba Miss Rwanda ngo byaramushimishije cyane kuko yumvaga ari ibintu bidashoboka. Uyu mubyeyi wivugira macye ubwo inyarwanda.com bamusuraga bamusanze yaravunitse ukuboko, atangaza ko Iradukunda Liliane azi iby’iyo mvune gusa ngo akaba atarigeze akurikirana ngo amenye niba umubyeyi we yarakize.

Nyina wa Liliane avuga ko kuva uyu mukobwa we yatorerwa kuba Miss Rwanda batigeze bongera kugira umwanya wo kubonana uko bikwiye ngo baganire, ndetse ngo inshuro ya nyuma amuheruka ni muri Gicurasi, ngo no kuvugana kuri Telefoni ntibikunze kubaho kuko uyu mwana we atajya amuhamagara acyeka ko wenda agira akazi kenshi . Avuga ko nta kindi kintu yifuza uretse kuba nibura yamubona bakaganira.

Uyu mubyeyi avuga ko atitaye ku bihembo byose cyangwa umushahara w’umwana we kuko ngo icyo ashaka ari ukubona umwana gusa ngo dore ko n’imodoka yahembwe uyu mubyeyi atarayica iryera uretse ko ngo gusa kuba yarayiboneye muri Convention Center.

Yavuze ko ubutumwa yagenera Miss Iradukunda Liliane ari uko amukumbuye nyuma y’amazi agera kuri 7 yose atamubona.

Uyu mubyeyi asoza agira inama  ababyeyi bafite abakobwa bari guhatana muri Miss Rwanda 2019 inama yo kubaba hafi muri iri rushanwa kuko ngo usanga bibagiraho ingaruka nyinshi.

 

 

 

 

6,380 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.