Mu irahira rya Perezida Museveni yeretse abandi ba Perezida ko uwagerageza gutera Uganda bitamugwa neza
— May 13, 2016
Please enter banners and links.

Mu irahira rya Perezida Museveni wa Uganda yeretse abandi ba Perezida yatumiye ko uwashaka gutera Uganda atabishobora ubwo indege zirwana mu ntambara zazengurukaga ikirere .
Sibyo gusa kuko n’abandi bahagarariye ibihugu byabo baturutse I Burayi ,Canada na America bahise basohoka mu muhango barigendera kubera Perezida Museveni mu ijambo rye avuga ku rukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (ICC).
Yabivugiye kubera mu shuti we Perezida wa Sudan yari yitabiriye uwo muhango kandi yarashyiriweho impapuro zimufata agakurikiranwa ibyaha byibasiye inyoko muntu.
Perezida Museveni akaba yavuze ko urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ari urw’abantu badafite akamaro “a bunch of useless people” ndetse avuga ko adashyigikiye ibyemezo urwo rukiko rufatira aba Perezida.







Bashir yari yasetse cyane

Elizabeth Trudeau wari uhagarariye Leta zunze ubumwe z’America yavuze ko kuba Bashir yari yitabiriye irahira rya Museveni ndetse n’ijambo rya Museveni byatumye basohoka mu rwego rwo kwereka Perezida Museveni ko batishimiye icyemezo cye cyo gutumira Bashir ndetse n’ijambo rye yavuze kuri ICC.
Elizabeth Trudeau yagize ati “twasohotse nk’abantu bubahiriza uburenganzira bwa muntu kugirango bibe ubutumwa kuri Perezida Museveni kugirango nawe ajye yubaha amahame n’amabwiriza yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside”.
Uyu akomeza avuga ko igihugu cya Uganda kiri mu bihugu byasinye amazerano yi Rome ashyiraho urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ariko akavuga ko bibabaje kubona igihugu cyasinye amasezerano aricyo kitayubahiriza.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukaba rwasohoye impapuro zo gufata Perezida Bashir wa Sudan mu mwaka wa 2009 na 2010 ariko akaba atarafatwa .
Reba uko byari byifashe Perezida Museveni wa Uganda arahira kuyobora icyo gihugu ku nshuro ya 6.
Gatera Stanley
2,710 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply