umu amakuru-  Mu irahira rya Perezida Museveni yeretse abandi ba Perezida ko uwagerageza gutera Uganda bitamugwa neza | Umusingi

MYSEV  Mu irahira rya Perezida Museveni yeretse abandi ba Perezida ko uwagerageza gutera Uganda bitamugwa neza

Please enter banners and links.

MYSEV

 

Mu irahira rya Perezida Museveni wa Uganda yeretse abandi ba Perezida yatumiye ko uwashaka gutera Uganda atabishobora ubwo indege zirwana mu ntambara zazengurukaga ikirere .

Sibyo gusa kuko n’abandi bahagarariye ibihugu byabo baturutse I Burayi ,Canada na America bahise basohoka mu muhango barigendera kubera Perezida Museveni mu ijambo rye avuga ku rukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (ICC).

Yabivugiye kubera mu shuti we Perezida wa Sudan yari yitabiriye uwo muhango kandi yarashyiriweho impapuro zimufata agakurikiranwa ibyaha byibasiye inyoko muntu.

Perezida Museveni akaba yavuze ko urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ari urw’abantu badafite akamaro “a bunch of useless people” ndetse avuga ko adashyigikiye ibyemezo urwo rukiko rufatira aba Perezida.

13221469_976811419100339_8972944373697278462_n

13151589_1294929117202305_2995210614695359682_n13164446_976811385767009_279665389385952116_n

13151711_1294928883868995_8660944308404172657_n

13173784_976746039106877_8525084346946155730_n

13164433_976811399100341_1200537215799272446_n

_89679856_0a721aef-382c-42af-8f64-9533a060e3ec

Bashir yari yasetse cyane

13096358_702063619934291_7247218964834545538_n

Elizabeth Trudeau wari uhagarariye Leta zunze ubumwe z’America yavuze ko kuba Bashir yari yitabiriye irahira rya Museveni ndetse n’ijambo rya Museveni byatumye basohoka mu rwego rwo kwereka Perezida Museveni ko batishimiye icyemezo cye cyo gutumira Bashir ndetse n’ijambo rye yavuze kuri ICC.

Elizabeth Trudeau yagize ati “twasohotse nk’abantu bubahiriza uburenganzira bwa muntu kugirango bibe ubutumwa kuri Perezida Museveni kugirango nawe ajye yubaha amahame n’amabwiriza yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside”.

Uyu akomeza avuga ko igihugu cya Uganda kiri mu bihugu byasinye amazerano yi Rome ashyiraho urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ariko akavuga ko bibabaje kubona igihugu cyasinye amasezerano aricyo kitayubahiriza.

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukaba rwasohoye impapuro zo gufata Perezida Bashir wa Sudan mu mwaka wa 2009 na 2010 ariko akaba atarafatwa .

Reba uko byari byifashe Perezida Museveni wa Uganda arahira kuyobora icyo gihugu ku nshuro ya 6.

Gatera Stanley

2,710 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.