umu amakuru- Abarozi bahanishijwe gukubitirwa ku karubanda baboshywe imigozi | Umusingi

Abarozi bahanishijwe gukubitirwa ku karubanda baboshywe imigozi

Please enter banners and links.

Mu gihugu cy’Ubuhinde nyuma y’uko abagore bo mu gihugu cy’Ubuhide bakekwaho amarozi bafatiwe umwanzuro wo gukubitwa bikomeye baziritswe ku biti bagakubitirwa mu maso y’imbaga nyamwinshi harimo abana babo ndetse n’abagabo babo. Abayobozi mu gihugu cy’Ubuhinde mu gace ka Madhupur ho mu Karere ka Mayurbhanj bafashe umwanzuro wo kubohera abagore bagera kuri batanu ku biti, bakabakubitira imbere y’imbaga nyamwinshi nyuma yo gukekwaho uburozi. 

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu gace ka Madhupur bafashe umwanzuro wo gukubitira aba bagore 5 imbere y’imbaga nyamwinshi, ndetse bakaba baranahamagaje abagabo babo ngo bahane abagore babo bareba na bo bibabere isomo rikomeye. Nk’uko Daily mail dukesha iyi nkuru ikomeza ibitangaza, aba bagore bakubiswe baranegekaye cyane hafi yo gushiramo umwuka, kuko babakubitaga baboshye ku buryo batabona uko bakingira ibice bimwe by’umubiri wabo.
Igitangaje kandi kibabaje cyane ni uko ibi bikorwa biba bitazwi n’inzego zo hejuru, aho na Polisi y’iki gihugu itamenya ibi bikorwa bifatwa nk’iyica rubozo ndetse no gutesha agaciro abagore Ibi bikorwa  byamenyekanye binyuze mu mashusho azenguruka ku mbuga nkoranyambaga gusa.

3,130 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.