Abakozi ba Leta 6 bananiwe gusobanura aho bakuye umutungo bafite batunze
— October 18, 2017
Please enter banners and links.

Umuvunyi mukuru Anastase Murekezi yatangaje ko urwego ayoboye rwashyikirije ubushinjacyaha ibirego bitatu by’ abakozi ba Leta batatu bari muri batandatu bananiwe kugaragariza uru rwego aho bakuye imitungo bafite. Aba uko ari batandatu barimo gukorwaho iperereza.
Anastase Murekezi yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukwakira 2017, ubwo yagezaga ku bagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi raporo y’ ibikorwa by’ urwego rw’ umuvunyi ya 2016/17.
Yagize ati “Muri 2016/17, abakozi 1088 bagaragaje imitungo yabo, 6 bananirwa gusobanura aho bayivanye barimo gukorwaho iperereza. Dosiye eshatu zashyikirijwe ubushinjacyaha, izindi eshatu ziracyari mu iperereza. Urwego rw’ umuvunyi rwasabye ko abantu 60 banze kugaragaza imitungo yabo bagenzurwa”
Mu nshingano z’ urwego rw’ umuvunyi harimo kumenya no kugenzura imitungo y’ abayobozi by’ umwihariko abayobozi bakuru. Indi nshingano ni ukugezwaho n’ abaturage ibibazo by’ akarengane bahuye nabyo no kubikemura.
Uru rwego ruvuga ko mu mwaka ushize w’ ingego y’ imari ni ukuvuga 2016/17 rwakiriye ibibazo byinshi by’ abaturage.
Mu bibazo 226, umuvunyi yakiriye, 96 ni ibibazo by’ ubutaka, 33 ni ibibazo by’ abaturage batanyuzwe n’ imyanzuro y’ inkiko, ibirego 29 bifitanye isano n’ imirimo, 19 bijyanye n’ imitangire y’ ingurane, ibibazo 17 by’ imitungo, 17 bijyanye n’ imibereho myiza y’ abaturage n’ ibindi bibazo 15.
Anastase Murekezi yavuze ko urwego rw’ umuvunyi rwanzuye ko abakozi batagaragaje imitungo yabo bagiye gutakaza ¼ cy’ umushahara wabo.
Urwego rw’Umuvunyi rukwiye gushyiramo imbaraga mu gukemura ibibazo by’abaturage bijyanye n’akarengane kuko mubyaro bimwe na bimwe havugwayo akarengane.
Abayobozi bananiwe kwisobanura aho bakuye imitungo batuze ntibavuzwe amazina yabo ariko Ubugenzacyaha bwashyikirijwe dosiye nkuko byavuzwe.
2,813 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply