umu amakuru- Impamvu abo kwa Rwigara basabye ko urubanza rwabo rusubikwa | Umusingi

Impamvu abo kwa Rwigara basabye ko urubanza rwabo rusubikwa

Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 6 Ukwakira 2017 mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu cyumba cy’iburanisha saa yine zuzuye ababuranyi batambutse imbere y’inteko y’abacamanza. Diane, murumuna we Anne na nyina Adeline Rwigara. Bari baje kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Iburanisha rigitangira bahise bavuga ko batiteguye kuburana… Diane Rwigara washakaga kuba umukandida mu matora ya Perezida wa Republika akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.

Murumuna we Anne na nyina Adeline bahuriye ku cyaha bashinjwa cyo guteza imvururu muri rubanda.

Nyina Adeline Rwigara we hakiyongeraho icyaha ashinjwa cyo kubiba amacakubiri muri rubanda.

Diane Rwigara ba Anne Rwigara

Abaregwa baje imbere y’uburanisha

Urubanza rwitabiriwe n’abantu benshi, abanyamakuru benshi bo mu gihugu n’ab’itangazamakuru ryo mu mahanga.

Mu cyumba cy’iburanisha ariko ntabwo bari kumwe n’umunyamategeko wari kubunganira aribyo itangazamakuru ryaketse kuba bataburana badafite ubunganira mu mategeko.

Diane Rwigara niwe wahise asaba ko urubanza rwabo rusubikwa kuko nta mwunganizi bafite ndetse ko batabonye umwanya uhagije wo gutegura urubanza rwabo.

Umugore wa nyakwigendera  Rwigara

Ubushinjacyaha bwasabye ko babazwa igihe bazaba bamaze gutegura no kubonana n’ubunganira.

Abaregwa bavuze ko batarahabwa umwanya wo kubonana n’ababunganira no gutegura urubanza rwabo.

Nyuma yo kumva icyifuzo cy’abaregwa hamwe n’ubushinjacyaha, Urukiko rwanzuye ko urubanza rwabo rwimurirwa kuwa mbere tariki 09 Ukwakira 2017.

 

 

2,825 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.