umu amakuru- Abantu 7 barimo Boniface Twagirimana batawe muri yombi bashinjwa kuba mu mitwe yitwaza intwaro | Umusingi

Abantu 7 barimo Boniface Twagirimana batawe muri yombi bashinjwa kuba mu mitwe yitwaza intwaro

Please enter banners and links.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abantu barindwi bakurikiranyweho kuba mu mitwe yitwaje intwaro ikorera mu gihugu gihana imbibi n’u Rwanda, barimo batutu bafashwe ubwo berekezaga mu myitozo ya gisirikare hanze y’u Rwanda.

Nk’uko Polisi y’u Rwanda yabishyize ku rubuga rwayo, amakuru yatanzwe n’abo bari bamaze gufatwa ni yo yatumye Polisi ikora igikorwa cyo gusaka mu Ntara y’Iburengerazuba no mu Mujyi wa Kigali, hafatwa abandi bane bakekwaho kuba ari bo bakoraga igikorwa cy’ubukangurambaga no kwinjiza urubyiruko muri ibyo bikorwa.

Polisi y’u Rwanda ubwo yakoraga igikorwa cyo gusaka yatahuye ibindi bimenyetso bizifashishwa n’Ubushinjacyaha.

Abafashwe bose ni Boniface Twagirimana, Fabien Twagirayezu, Gratien Nsabiyaremye
, Leonille Gasengayire, Ufitamahoro Norbert, Twagirayezu Janvier na Nshimiye Papias.

Muri ayo mazina irisanzwe rizwi cyane mu Rwanda ni irya Twagirimana Boniface wiyita Visi Perezida w’ishyaka rya FDU Inkingi ritemewe mu Rwanda.

Bose uko ari barindwi, Polisi yatangaje ko bamenyeshejwe uburenganzira bwabo bwo kugira ababunganira nk’uko biteganywa n’amategeko.

 

 

2,482 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.