umu amakuru- Umukino w’ibimasa byica abantu kimwe cyakomerekejwe bikomeye | Umusingi

Umukino w’ibimasa byica abantu kimwe cyakomerekejwe bikomeye

Please enter banners and links.

Hari umukino utamenyerewe cyane muri Afurika ariko hari ibihugu nka Spain n’ibindi aho uyu mukino wateye imbere ari naho kimwe mu bimasa byakinaga cyakomerekeye bikomeye gitangira kuruka amaraso ndetse andi aca mu mazuru.

Abantu baba baje muri uyu mukino baba bambaye umweru n’umukara ndetse bambaye ifurari itukura mu ijosi.

Uyu mukino bazana ibimasa byibirwanyi bakajya babirekura bigatangira kwirukankana abantu bishaka kubica bamwe birabakomeretse cyane iyo kitaguteye ihembe gishobora kukuribatira hasi kikagukomeretsa.

Iki kimasa cyakomerekejwe ntiharamenyekana uburyo cyakomeretse kuko cyagaragaye nkaho bagiteye ibyuma ku mubiri kuko byo ubwabyo bitajya birwana ariko bigira umujinya mwinshi iyo bibonye abantu.

Umuryango ushinzwe gutabara indembe Red Cross wavuze ko ibimasa 3 byakomerekeje abantu umwe cyamuteye ihembe mu gituza undi imutera ihembe mu kibuno ariko bakaba batwawe mu bitaro bameze nabi.

Ibi bimasa byakuwe ahitwa Cebada Gago muri  Andalucia agace kazwi kugira abarozi borora ibimasa bigira umujinya cyane bizi kwirukankana abantu kuri uyu wa gatanu tariki 7 Nyakanga 2017.

Ubundi ibyo bimasa iyo bakinguriye kimwe kigiye gukina hari umuntu ukijya ku mugongo kikajya kimusimbukana gishaka kumuta hasi iyo kimutaye hasi gisubira inyuma gishaka kumwica akiruka ,iyo yirutse ahungira mu bandi bantu ubwo kigatangira kwirukankana uwo kibonye.

Haba hari abantu bazi gutangira ibyo bimasa ntibikomeze kwirukankana abantu ku buryo iyo hashize iminota igera kuri 3 bakabigarura.

3,251 total views, 7 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.