umu amakuru- Abantu 71 batwara taxi vatiri bamaze kwicwa | Umusingi

Abantu 71 batwara taxi vatiri bamaze kwicwa

Please enter banners and links.

Abantu bavuga ko mu gihugu cya Uganda habayo ubuzima bwiza n’imikorere yorohereza abantu kubaho bashobora kuba bibeshya kuko abenshi bava mu Rwanda ,Burundi ,DR Congo iyo bagezeyo batangira gutwara taxi Vatiri ariko hamaze kwicwa 71 imodoka zabo zagatwarwa muri Congo kuzigurishayo .

Mu kiganiro kitwa File yo ku meza kinyura kuri Bukedde buri wa kabiri nyuma y’amakuru bavuga ku mpfu z’abantu zitandukanye ,igiheruka bakaba baravuze kuri Ahmed Sebagala wishwe  bamukuye aho yaparikaga hitwa  Busega mu Mujyi wa Kampala  bamwicira mu Karere ka Kiboga kure y’Umujyi wa Kampala .

Ikiganiro gikorwa n’umunyamakuru witwa Salongo  Kayira akaba acukumbura inkuru zijyanye n’ubwicanyi rimwe na rimwe Abacamanza bifashisha amakuru aba yabonye bagatanga ikirego cyangwa na Polisi nayo ikaba yafata uvugwa mu nkuru ze agafatwa agakurikiranwa n’ubutabera.Nanozi Aida bakoresha

Alex Mugaga umwe mu bafashwe ubu ufungiye muri gereza ya Luzira mbere y’uko bamufata yavuze bagenzi be yakoranye nabo mu kwiba imodoka ndetse avuga n’umugore bakorana muri iyo mipangu nawe akaba yarafashwe avuga ko atazi umubare w’abantu amaze kwica.

Uwitwa Rutaya nawe ushinjwa muri uwo mugambi kugeza n’ubu ntarafatwa kubera afite amafaranga menshi iyo bagiye kumufata atanga ruswa bakamureka.

Frank Mukisa warokotse ariko imodoka igatwarwa muri Congo atanga ubuhamya avuga ko bamukodesheje bamubwira ko bagiye gusura abantu bagize ibyago bageze mu nzira baraparika bakajya bavugira kuri Telephone bavuga ko hari mugenzi wabo bategereje bugezaho burira agiye kubabwira ko bamwongera amafaranga bari bumvikanye haba haje umuntu arababwira ngo reka babanze barye babone kugenda.

Frank Mukisa avuga ko aho bariye ibiryo ariho bamushyiriye uburozi mu biryo aheruka arya yongeye kugarura ubwenge ari mu bitaro.

Frank avuga ko uwari wamuhaye ako kazi mbere y’uko batangira kurya yabonaga adatuje amanuka azamuka avugana n’abantu akibaza ibyo arimo bikamuyobera naho yarimo gupanga uburyo bamuha uburozi .

Bamaze kumuha uburozi bamujugunye ahantu mugashyamba abantu niho bamusanze bamujyana mu bitaro ariko imodoka yaratwawe igurishwa muri Congo.

Kubera ko imodoka yari izwi hari abantu bayibonye bashaka kuyihagarika bazi ko ari Frank Mukisa ariko babona idahagarara bamwe barayikurikirana ishaka no kubagonga.

Frank Mukisa amaze kugarura ubwenge yatangiye kwibuka uko byagenze amenya ko uwamuhaye akazi ariwe wamupangiye kugirango bamwica bibe imodoka ye.

Batangiye gukurikirana bamwe barafatwa abandi batanga ruswa ntibafatwa ku buryo ubu bohererezwa ubutumwa bugufi kuri Telephone zabo ko nabo bazabica ku buryo bibahangayikishije.

Salongo Magoba Siraje umutangabuhamya arasaba Leta gushyiramo imbara ibatabare kuko ruswa igiye kumara abantu kuko umuntu yica abantu ariko ntafungwe ndetse bakatwoherereza ubutumwa bugufi kuri Telephone ko natwe bazatwica bigatuma turara tutaryamye.

Muhungu John –Kampala

 

2,423 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.