umu amakuru- Umuhanzi umaze kuba icyamamare mu Rwanda no ku isi yose Priscillah yakoranye indirimbo na Emmy | Umusingi

17861807_1535066299899410_8875832163242267851_nUmuhanzi umaze kuba icyamamare mu Rwanda no ku isi yose Priscillah yakoranye indirimbo na Emmy

Please enter banners and links.

17861807_1535066299899410_8875832163242267851_n

Umuhanzi umaze kuba icyamamare mu Rwanda no ku isi yose Princess Priscillah yakoranye indirimbo na Emmy yitwa wabagahe .

Priscillah kuri uyu wa 15 Mata 2017 yatangaje ko iyo ndirimbo ari bube ayigejeje ku bakunzi be mu masaha make kandi akaba yizeza abafana be ko iyo ndirimbo ari nziza nkuko asanzwe abakorera indirimbo zigakundwa ku isi yose.

17264447_1490498947689479_4828280769431116056_n

Hari abahanzi Imana iha amahirwe yo gukora ibintu bigakundwa na Priscillah Imana yamuhaye amahirwe agira ijwi ryiza kandi nawe akaba ari mwiza bigatuma arushaho kuba icyamamare ibi n’ibyavuzwe n’umufana we witwa Iradukunda M Grace.

17861980_1531662300239810_1909192899438982449_n

nguwo Priscillah uko asigaye asa yabaye mwiza ariko akaba n’umuhanga cyane

17264892_1482807315125309_4883832643191643015_n

Priscillah yarahindutse cyane

Priscillah uba muri America amakuru avuga ko abahanzi batandukanye bamushaka kugirango bakorane indirimbo kubera ko nta muhanzi barakorana ngo indirimbo yabo ibe mbi buri uwo bakoranye wese bakorana indirimbo ikaba nziza.

Umuratwa Priscillah avuga ko agiye kugaruka mu Rwanda vuba ndetse amakuru akaba avuga ko ashobora gukorana n’umuhanzi The Ben mu kwamamaza Perezida Kagame mu matora y’umukuru w’igihugu amakuru aturuka ahantu hizewe.

Uyu muhanzi ukunzwe cyane kurusha abandi bose mu Rwanda akaba amaze gukorana indirimbo n’abahanzi batandukanye barimo The Ben bakoranye indirimbo yitwa Ntacyadutanya yabaye nziza cyane.Yakoranye n’abandi barimo Medy na Kitoko na King James wuriye indege akajya muri America gukorana nawe indirimbo ,ubu akaba akoranye na Emmy nawe babana muri America.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza umuhanzi Emmy impamvu yatumye bakorana indirimbo ndetse n’impamvu bayise wabagahe ariko ntibyadukundiye.

Noella

3,272 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.