umu amakuru- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abasirikare bakuru | Umusingi

5-752-74c2dPerezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abasirikare bakuru

Please enter banners and links.

5-752-74c2d

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 6 Mata 2017 Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’ingabo z’u Rwanda (High Command Council).

Muri iyi nama yabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura nk’uko itangazo rya RDF ribivuga, Perezida Kagame aganira n’abayobozi b’ingabo yabashimiye akazi keza bakora ko kurinda ubusugire bw’igihugu ari nako bita ku mibereho myiza y’abaturage (human security).

2-1390-8aa97

Perezida Kagame aganira n’Abasirikare bakuru

3-1159-d8f0a

 Ibi bikaba binagaragarira mu mutekano igihugu gifite ubu, bikaba binafitanye isano kandi n’ibihe tugiye kwinjiramo byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, igomba kurwanywa kugira ngo itazongera kubaho ukundi.

Umugaba mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba

Umugaba mukuru w’Ingabo z’uRwanda Gen.Patrick Nyamvumba

Umukuru w’Igihugu yasabye abari mu nama Nkuru y’Ingabo muri rusange gukomeza kwita ku nshingano zabo barangwa n’ imyifatire myiza (discipline) ko ari yo nkingi nyamukuru Ingabo z’u Rwanda zishingiyeho.

9-429-33081

Rinavuga ko abari muri iyi nama nkuru ya Gisirikare bunguranye ibitekerezo ku bijyanye no kunoza inshingano zabo no guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda.

 

2,461 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.