umu amakuru-  GLIHD ikomeje guhugura abanyamakuru uburyo bwo gutangaza inkuru ku bijyanye n’amategeko n’uburenganzira bw’abana n’Abagore | Umusingi

Tom Mulisa  GLIHD ikomeje guhugura abanyamakuru uburyo bwo gutangaza inkuru ku bijyanye n’amategeko n’uburenganzira bw’abana n’Abagore

Please enter banners and links.

Tom Mulisa

 

Kuwa 30 Ukuboza 2016 muri Kalisimbi Hotel habereye amahugurwa y’abanyamakuru yateguwe na GLIHD (Great Lakes Initiatives for Human Rights and Development)akaba yari agamije kubahugura uburyo bajya batangaza inkuru z’ijyanye n’amategeko n’uburenganzira bw’abana n’abagore.

Tom Mulisa umunyamategeko ushinzwe itegeko nshinga yavuze ko hari abana bari barafunzwe bamwe bakiri bato basanga hari aho bafungwaga mu buryo bubangamiye uburenganzira bw’umwana cyangwa bw’umugore (igitsina gore.

Tom Mulisa yakomeje avuga ko hari abana bato bakuragamo inda bakiri bato bagahanishwa kubafunga ariko avuga ko bagiye basuzuma uburyo baba barafunzwe n’uburyo bakuragamo inda basanga amategeko akwiye guhindurwa bityo Itegeko nshinga rihindutse n’andi mategeko amwe na amwe arahinduka aribwo basabye ko bahabwa imbabazi bityo Perezida Kagame Paul akaba yarahaye imbabazi abakuyemo inda bagafungwa batarengeje imyaka 16.

Tom akomeza avuga ko bazashaka igihe bagashimira Perezida Kagame kumugaragaro kubera igikorwa yakoze cyo guha imbabazi abana b’ababakobwa bari barafunzwe bazira gukuramo inda .

Muri ayo mahugurwa Dr .Eugen Kanyamanza ukora muri  RBC yahuguye abanyamakuru ku myaka umuntu ashobora gukuramo inda naho yayikuriramo n’uwemerewe kuyikuramo n’imiti yakoreshwa byose akaba yarabisobanuriye abanyamakuru icyo amategeko ateganya.

Akaba yaravuze ko hari igipapuro kitwa Court Order uzaba yemerewe gukuramo inda icyo gipapuro aricyo azajya yereka umuganga ukora mu bitaro kandi yemewe mu rugaga rw’abaganga.

Dr.Kanyamaza kandi yabwiye abanyamakuru ko urubyiruko rukwiye kumenyeshwa kuko itegeko ariko rivuga bakamenya uburenganzira bwabo icyo amategeko ateganya kugirango batazajya bakora amakosa batazi ko amategeko yahindutse.

Amategeko avuga ko ari uburenganzira bw’utwite kumva ashaka kuyikuramo ariko ku mpamvu zifataika n’urukiko rumwemerera kuyikuramo ariko ashobora no gufata icyemezo akavuga ko ashaka kuyibyara akayibyara cyangwa akayikuramo.

Hari nk’abaterwa inda n’abavandimwe cyangwa ababyeyi cyangwa gufatwa kungufu akiri muto n’izindi mpamvu zitandukanye zivugwa mu itegeko tuzabagezaho ubutaha.

Yanavuze ko hari itegeko ryemerera abantu gufata umwana yaba ababyeyi be batishoboye cyangwa ari impfubyi bakamurera aribyo yabwiraga abanyamakuru ko n’ababa bashaka gukuramo inda bajya babitekerezaho ko bashobora kubyara umwana akabona abamurera kuko hari abantu benshi barera abana batari ababo.Hari n’ibibazo bigihari binyuranije n’amategeko aho Amadini atemerera umuntu uwo ariwe wese gukuramo inda ndetse no gukoresha udukingirizo kuko bavuga ko kwica ari icyaha ndetse no gusambana ari icyaha abantu bakwiye kwifata.

Indi mbogamizi havuzwe umuco aho usanga nawo ugifite uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Dr.Aflodis Kagaba umuyobozi wa HDI nawe yahuguye ku burenganzira bw’abagore n’icyo amategeko mashya  ateganya bijyanye n’ihinduka ry’itegeko nshinga ryavuguruwe muri 2015.

Gatera  Stanley

2,700 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.