umu amakuru- Col.Makenga yatorotse imirwano iratangira muri Congo | Umusingi

2016-11-12T134406Z_1007970001_LYNXMPECAB08P_RTROPTP_2_OZATP-UK-CONGO-REBELS.JPG.Col.Makenga yatorotse imirwano iratangira muri Congo

Please enter banners and links.

2016-11-12T134406Z_1007970001_LYNXMPECAB08P_RTROPTP_2_OZATP-UK-CONGO-REBELS.JPG.

Amakuru aturuka muri Congo na Uganda kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2016  ni uko uwahoze ari umukuru w’Inyeshyamba za M23 Col.Sultan Makenga yatorotse mu nkambi bari barashyizwemo ubwo batsindwaga bagahungira muri Uganda.

Ubu amakuru aravuga ko Col.Makenga  yatorotse mu nkambi babagamo maze imirwano ikaba yatangiye mu gihugu cya DR.Congo.

Guverner  wa Kivu y’Amajyaruguru  Julien Paluku akaba yatangarije itangazamakuru ko ubuyobozi bwa Uganda butazi aho Col.Makenga yaba ari.

Julien Paluku akaba yatangarije ikinyamakuru Reuters ko bakorana n’abasirikare bashinzwe iperereza muri Uganda (Ugandan intelligence services)bakaba babbabwiye ko guhera kuwa gatanu batazi aho Col.Makenga yaba yahungiye.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politike akaba yanze kugira icyo atangaza ku bijyanye n’amakuru ya Col.Sultan Makenga ahubwo abarangira kuvugana n’ubuyobozi bwa Uganda.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda Pade Ankunda akaba yabajijwe ibya Col.Makenga maze avuga ko atazi niba Makenga yatorotse ariko avuga ko agiye kubikurikirana akamenya aho aherereye.

2016-11-12T134406Z_1007970001_LYNXMPECAB08P_RTROPTP_2_OZATP-UK-CONGO-REBELS.JPG.

Col.Sultan Makenga

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi avuga ko itoroka rya Col.Makenga rigiye gutangiza intambara ikomeye muri Congo nyuma yo kubagezaho ko hagiye kuba intambara rukokoma igamije gucamo Congo ibihugu 2 byigenga.

Umwe mu bavuganye n’Ikinyamakuru Umusingi utarashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “Perezida Kabila agomba kuva kubutegetsi byanze bikunze kuko turamurambiwe kandi hari abasirikare benshi mu gisirikare cya Kabila bamaze kumurambirwa bose biteguye kujya mu gisirikare gishya cyo gukuraho Kabila”.

MDF36434-23-10-2012-23-10-12-858

Amakuru akaba avuga ko itoroka rya Col.Makenga ari umugambi wapanzwe na Perezida Museveni ndetse uyu mugambi umaze igihe upangwa ku buryo na Gen.Leurant Nkunda nawe amaze iminsi ari mu mupangu wo gusubira muri Congo dore ko afite abantu benshi n’abasirikare muri Congo bamukundaga ku buryo bumvise ko yasubiye muri Congo bamusanga bagafatanya kurwanya Kabila.

Kubera ubukire bw’igihugu cya Congo burimo amabuye y’agaciro ,imbaho n’ibindi byinshi akenshi nibyo ibihugu biba bishakayo dore ko muri iyi minsi usanga ibihugu bikennye bishaka uko byakwinjirayo kugirango bibone uko byakwikura mu bukene.

Ubu amakuru akaba avuga ko igihugu cya Congo cyatangiye gusuka abasirikare benshi ku mipaka ya Goma na Bunagana kugirango bacunge ko babona Col.Makenga bakamufata dore ko n’ubundi bamushakishaga.

Rwego Tony

3,604 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.