Yashatse kwigana ibyo ajya abona muri filime asimbuka kuva muri etaje ya 7 agwa hasi
— September 3, 2016
Please enter banners and links.

Umusore w’imyaka 25 yashatse kwigana ibyo ajya areba muri filime maze asimbuka kuva muri etaje ya 7 agwa hasi.
Byabaye uyu munsi kuwa gatandatu taliki 3 Nzeli 2016 mu mujyi wa Kampala ku nzu ndende yitwa Mabiriizi Complex iherereye kuri Kampala road .
Abacuruzi bacururiza muri iyo nyubako ndende bakanzwe no kubona umusore utaramenyekana amazina asimbuka kuva muri etaje ya 7 akagwa hasi n’ubwo yabanje kugwa ku modoka yari iparise ariko akayirenga akagwa mu muhanda polisi ikamujyana kwa muganga atarapfa.



Abudalah Ssentamu n’umwe mu bacururiza kuri iyo nyubako akaba yavuze ko uwo musore yabanje kugerageza gusimbuka kumara iminota 10 yose bamuhamagara ngo aveyo akanga hanyuma akageraho agasimbuka akagwa mu muhanda.
Hari abandi bantu bavuga ko ashobora kuba yari afite ibibazo n’umugore we akumva iby’isi abirushye agahitamo kubihunga gutyo.
Polisi ikaba yatangiye iperereza kumenya aho yari atuye no kumenya icyamuteye kwiyahura.
Muhungu John Kampala
2,964 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply