Mbonigaba Channy Ukekwaho iterabwoba yarashwe na Polisi arapfa
— August 18, 2016
Please enter banners and links.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru kuri uyu wa kane Taliki 18 Kanama 2016 rivuga ko Polisi y’u Rwanda yageragerageje gufata umugabo ukekwaho iterabwoba wari witwaje imbunda yanikingiranye mu nzu mu bice bya Nyarutarama, yamurashe agapfa.
Uyu ukekwaho iterabwoba yamenyekanye ku izina rya Mbonigaba Channy, akaba akomoka mu karere ka Rubavu.

Inzu ivugwa ko ariyo yarasiwemo
Igikorwa cyo kumufata cyabaye mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki ya 17 Kanama 2016 kimara amasaha hafi atatu, mu gihe yarasanaga n’abapolisi umwe muri bo akaba yakomeretse.
Guhera umwaka ushize, Polisi y’u Rwanda yatangiye gukora iperereza ku bantu bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba no gukorana n’imitwe y’iterabwoba yo hanze y’igihugu, ndetse bamwe bakaba barashyikirijwe inkiko.

Polisi y’u Rwanda ikaba yizeza umutekano usesuye abaturarwanda, by’umwihariko abaturage ba Nyarutarama aho byabereye.
Umusingi1@gmail.com
2,981 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply