umu amakuru- Brazil yashyizeho icyunamo cy’iminsi itatu yo kunamira Pelé | Umusingi

Brazil yashyizeho icyunamo cy’iminsi itatu yo kunamira Pelé

Please enter banners and links.

Perezida wa Brazil Jair Bolsonaro yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu mu gihugu hose, mu rwego rwo kunamira Edson Arantes do Nascimento ‘Pelé’, witabye Imana ku wa Kane tariki 29 Ukuboza 2022.

Pelé ufatwa nk’umwami w’umupira w’amaguru ku Isi, yitabye Imana afite imyaka 82 aguye mu bitaro bya Israelita Albert Einstein i São Paulo, azize kanseri yafashe bimwe mu bice byo mu rwungano ngogozi.

Biteganyijwe ko umuhango wo gusezera bwa nyuma uyu munyabigwi uzaba kuwa mbere tariki 2 Mutarama 2023, umunsi umwe mbere yo gushyingurwa ku wa 3 Mutarama 2023.

Uzabera kuri stade Urbano Caldeira ya Santos FC, ikipe Pelé yakiniye igihe kinini (1956-1974) ari naho yakoreye amateka menshi amugira Umwami wa Ruhago ku Isi.

Pelé afatwa nk’umukinnyi wa mbere mwiza wabayeho mu mupira w’amaguru kuko yisangije agahigo ko kuba ari we rukumbi wegukanye ibikombe by’Isi bitatu (1958, 1962 na 1970).

Uyu mugabo kandi afite agahigo ko gutsinda ibitego 1281 mu mikino 1363 yakinnye mu myaka 21, birimo ibitego 77 yatsindiye igihugu cye mu mikino 92 yagikiniye.

Mu 2000, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ryamugize umukinnyi w’ikinyejana.

 

1,953 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.