Minisitiri Businge yemeye ko u Rwanda rwishyuye indege yazanye Rusesabagina mu Rwanda (Video)
— February 26, 2021
Please enter banners and links.

Mu gihe Rusesabagina Paul ari mu Nkiko z’u Rwanda aburana ibyaha ashinjwa birimo iterabwoba n’ibindi bitandukanye kuri uyu munsi tariki 26 Gashyantare 2021 Minisitiri w’Ubutabera Johnston Businge yatangarije igitangazamakuru mpuzamahanga Aljazeera ko Leta y’u Rwanda ariyo yishyuye indege yazanye Rusesabagina Paul mu Rwanda.
Urubanza rwa Rusesabagina ruvugwaho byinshi bitarasobanuka uburyo yageze mu Rwanda aribyo byatumye ibitangazamakuru bikomeye nka CNN na Aljazeera ndetse na Leta ya Amerika zinjira muri iki kibazo cya Rusesabagina kumenya ukuri.
Umunyamakuru Kark Lamont Hill mu kiganiro Upfront yabajije Minisitiri Businge uburyo Rusesabagina yageze mu Rwanda ati indege yamuzanye yishyuwe na nde maze ati “Leta yarishyuye”.
Minisitiri Businge yakomeje avuga ko hari umuntu atavuze amazina ye ariko uwo muntu witwa Niyomwungeri Constantin wo mu gihugu cy’u Burundi wari umaze igihe abafasha mu iperereza nkuko Minisitiri Businge yabivuze.

Rusesabagina Paul
Abayobozi batandukanye ndetse na Perezida Kagame akaba yarabajijwe kuri iki kibazo akavuga ko Rusesabagina ashobora kuba yarizanye ariko Minisitiri ubwo yemeye ko Leta y’u Rwanda ariyo yishyuye indege yazanye Rusesabagina bikaba bishobora kugira icyo bihindura ku iburanisha rya Rusesabagina.
Abantu barebye iki kiganiro Minisitiri Businge yagiranye na Aljazeera basigaye bibaza Niyomwungeri Constantin yaba yarahembwe amafaranga angahe ,abandi bati nayo araza kumenyekana.
Rusesabagina Paul avuga ko atari umunyarwanda ndetse akwiye kujya kuburanira mu gihugu cy’Ububiligi afite ubwene gihugu ariko Inkiko zo mu Rwanda zikavuga ko zifite uburenganzira bwo kumuburanisha kuko ibyaha ashinjwa byakorewe ku butaka bwo mu Rwanda kandi ko ari umunyarwanda.
Mu iburanisha riheruka Rusesabagina yashinjwe na Calixte Sankara bahuriye mu rubanza rumwe n’abandi batandukanye baregwa byaha bimwe ariko Sankara akaba yaravuze ati ndatangaye cyane kumva Rusesabagina avuga ko atari umunyarwanda none yashakaga kuba Perezida w’u Rwanda atari umunyarwanda?.
Ku itari 31 Kanama 2020 nibwo Rusesabagina Paul uzwi kuri film yitwa Hotel Rwanda RIB yatangaje ko ari mu maboko yayo bitangaza benshi uburyo yafashwe.
3,308 total views, 7 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply